Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yagaragaje ibyishimo bikomeye byo kwakira rutahizamu ukomoka muri Gabon, Nathanael Iga Ndwangou.
Uyu rutahizamu w’imyaka 21 y’amavuko, yaraye ageze i Kigali mu ijoro ryakeye ryo kuwa Mbere tariki 29 Nyakanga, aho yakiriwe n’abarimo umuvugizi wa Rayon Sports Ngabo Robben na Perezida w’abafana b’ikipe Claude Muhawenimana ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu buryo bushoboka, ariko izana abakinnyi bashya yewe ikaba yaranakoze impinduka mu buyobozi bw’ikipe aho kuri ubu yabonye umutoza Robertinho n’umwungiriza we.
Iy’ikipe kandi iri gutegura umunsi wayo uzwi nka ‘Rayon Sports Day’ umurikiramo abakunzi bayo abakinnyi iba yaraguze, aho uwo munsi inakina umukino n’ikipe iba yaratumiye, kuri iyi nshuro ikaziyereka abakunzi bayo ihura na Azam Fc yo muri Tanzania.
Ni ibirori biteganyijwe kuba kuwa 3 Kanama 2023, kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo.
Nathanael Iga Ndwangou aje muri Rayon Sports avuye mu ikipe ya Centre Sportif de Bendje y’iwabo.
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…