IMYIDAGADURO

Umuraperi Chino XL yitabye Imana

Umuraperi w’Umunyamerika Chino XL yapfuye ku myaka 50 y’amavuko.

Advertisements

Ku cyumweru, tariki ya 28 Nyakanga, umukinnyi w’umuziki akaba n’umukinnyi wa filime Derek Emmanuel Barbosa wamamaye nka Chino XL, yitabye Imana.

Ni urupfu rw’amayobera kuko kugeza n’ubu nta makuru aratangazwa.

Kuri uyu wa kabiri, itangazo ryashyizwe ku rubuga rwemewe rw’uyu muraperi rwemeje aya makuru. Ryagira riti: “Umuryango wa Derek Keith Barbosa, uzwi ku izina rya Chino XL, wababajwe no gutanga amakuru y’urupfu rwe.

Bagize ati “Chino yapfuye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, tariki ya 28 Nyakanga 2024 mu rugo. Yari afite imyaka 50. Chino asigaranye abana be, Chynna, Bella, Lyric, na Kiyana; umuhungu we Shawn; abuzukuru be Emmy, Emery, Chris, Luis, na Dyani, nyina, Carole, n’uwahoze ari umukunzi we Stephanie.”

Chino XL yamenyekanye cyane mu myaka hagati ya za 90 ubwo yashyiraga alubumu ye ya mbere, aho mu 1996 yashyize hanze iyitwa ‘Here to Save You All’, yari iriho indirimbo yakunzwe cyane yitwa Kreep. Yakurikiye alubumu ye yasohoye mu 2001 ‘I told you so’, mu 2006 ashyira hanze iyitwa ‘Poison Pen’ niyo yashyize hanze mu mwaka 2012 yise ‘The Black Rosary’.

Umuraperi Chino XL yitabye Imana ku myaka 50

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago