Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ikipe ya APR BBC yemeje bidasubirwaho ko yamaze gusinyisha umunyamerika Isaiah Miller Jr wakiniraga Salt Lake City.
Uyu mukinnyi w’imyaka 25 y’amavuko akomoka muri Leta Zunze za Amerika akaba yarakinaga mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona ya Basketball (NBA G League).
Ni amasezerano y’umwaka umwe aho azakina imikino isigaye ya shampiyona ndetse na playoffs.
Ikipe ya APR BBC imwegukanye imukuye mu ikipe ya Salt Lake City ibarizwa mu cyiciro cya kabiri muri shampiyona yo muri Leta Zunze za Amerika.
APR BBC ihagaze ku mwanya wa kabiri wa shampiyona y’ucyiciro cya mbere mu mukino w’intoki wa Basketball mu Rwanda ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kuzitwara neza mu mukino isigaje gukina. Aho kuri ubu ikomeje urugendo rwo guhatanira uwo mwanya n’ikipe ya REG BBC.
Uyu mukinnyi usanzwe akina mu bayobora umupira mu kibuga (point guard) ari mu bakinnyi bifashishwa mu mukino ikipe y’Ingabo ya APR BBC iri buhuremo na REG BBC kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, kuri LDK.
APR BBC kandi irifuza kuzakina imikino ya kamparampaka (Playoffs) ifite abakinnyi buzuye kugira ngo irebe ko yazakina imikino ya BAL itarahiriwe n’umwaka ushize.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…