RWANDA

APR BBC yasinyishije umunyamerika Isaiah Miller Jr wakinaga muri NBA G LEAGUE

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ikipe ya APR BBC yemeje bidasubirwaho ko yamaze gusinyisha umunyamerika Isaiah Miller Jr wakiniraga Salt Lake City.

Advertisements

Uyu mukinnyi w’imyaka 25 y’amavuko akomoka muri Leta Zunze za Amerika akaba yarakinaga mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona ya Basketball (NBA G League).

Ni amasezerano y’umwaka umwe aho azakina imikino isigaye ya shampiyona ndetse na playoffs.

Ikipe ya APR BBC imwegukanye imukuye mu ikipe ya Salt Lake City ibarizwa mu cyiciro cya kabiri muri shampiyona yo muri Leta Zunze za Amerika.

Isaiah Miller Jr yabaye umukinnyi wa APR BBC

APR BBC ihagaze ku mwanya wa kabiri wa shampiyona y’ucyiciro cya mbere mu mukino w’intoki wa Basketball mu Rwanda ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kuzitwara neza mu mukino isigaje gukina. Aho kuri ubu ikomeje urugendo rwo guhatanira uwo mwanya n’ikipe ya REG BBC.

Uyu mukinnyi usanzwe akina mu bayobora umupira mu kibuga (point guard) ari mu bakinnyi bifashishwa mu mukino ikipe y’Ingabo ya APR BBC iri buhuremo na REG BBC kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, kuri LDK.

APR BBC kandi irifuza kuzakina imikino ya kamparampaka (Playoffs) ifite abakinnyi buzuye kugira ngo irebe ko yazakina imikino ya BAL itarahiriwe n’umwaka ushize.

Isaiah Miller Jr yahise ahabwa numero ya 0 izajya imuranga mu kibuga

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago