POLITIKE

U Rwanda na RD Congo bemeranyije agahenge

Mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola byahuje u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarangiye impande zombi zemeranyije agahenge.

Advertisements

Ni ibiganiro ku ruhande rw’u Rwanda byari bihagarariwemo n’intumwa zari ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe iza RDC zari ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Wagner.

Aha kandi byanitabiriwe n’Umukuru w’igihugu cya Angola João Lourenço usanzwe ari umuhuza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Thérèse Wagner, Perezida wa Angola João Lourenço na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe

Impande zombi zemeranyije ko aka gahenge kazatangira kuva kuya 4 Kanama 2024.

Ibi biganiro bije bikurikira ibyari byabanje guhuza abari mu rwego rwa dipolomasi ku munsi ubanziriza iyemezwa ry’ishyirwa mu bikorwa bya ko gahenge.

Mu butumwa banyujije ku rukuta rwa X (Twitter) Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya RDC, yavuze ko “guhera ku wa 4 Kanama muri RDC hazaba agahenge. Icyemezo cyafatiwe i Luanda uyu munsi mu nama yo ku rwego rwa ba Minisitiri hagati ya RDC n’u Rwanda, ku buhuza bwa Angola.”

Ibi kandi byanemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Angola na yo ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X.

Biteganyijwe ko Komisiyo ishinzwe kugenzura ibibera mu burasirazuba bwa RDC izongererwa ubushobozi mu rwego rwo kugenzura ko agahenge kazubahirizwa.

Aka gahenge gashya kariyongera ku kamaze ibyumweru bigera kuri bine gatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni agahenge icyakora katubahirijwe uko bikwiye, kuko imirwano hagati y’ingabo za Leta ya RDC n’inyeshyamba za M23 ivuga ko zishyigikiwe n’u Rwanda yumvikanye mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni imirwano buri ruhande rwagiye rushinja urundi gushoza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe arikumwe na Perezida wa Angola João Lourenço

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago