INKURU ZIDASANZWE

Urugo rwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa RD Congo rwarashweho amasasu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Nyakanga 2024, amasasu yumvikanye ku rugo rwa Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruherereye mu karere ka Gombe mu murwa mukuru, Kinshasa.

Aya masasu yamaze iminota ibariwa mu 10 yumvikanye, nk’uko byasobanuwe na bimwe mu binyamakuru bikorera muri RDC.

Adam Shemisi, Umuvugizi w’umugore wa Kabila, Olive Lembe, yatangaje ko aya masasu yarashwe n’abapolisi barinda uru rugo mu rwego rwo kuburira abagize agatsiko karemwe n’abo mu ishyaka UDPS riri ku butegetsi kitwa ‘Les Forces du Progrès’ bashakaga kurwinjiramo ku ngufu.

Shemisi yagize ati “Forces du Progrès bashakaga kwinjira ku ngufu mu rugo rwa Joseph Kabila ubwo umugore we Olive Lembe Kabila yari ahari. Ni yo mpamvu amasasu yumvikanye muri Gombe.”

Bitewe n’ibikorwa by’urugomo by’aka gatsiko, Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, tariki ya 17 Ukuboza 2024 yabwiye abanyamakuru ko ishyaka ryitandukanyije na ko.

Yagize ati “Mfashe uyu mwanya kugira ngo nsobanurire abari mu gihugu no mu mahanga ko nta rwego ruri muri UDPS rwitwa Forces du Progrès. UDPS ntabwo ishyigikira urugomo. Tariki ya 18 Werurwe 2020 nari mbuze ubuzima kubera aka gatsiko.”

Kabuya yihakanye aka gatsiko nyuma y’aho kangije urusengero rw’itorero ECC (Eglise du Christ au Congo) ruherereye i Kinshasa tariki ya 15 Ukuboza 2023.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago