MU MAHANGA

Ikipe ya Manchester City yahanwe muri Premier League

Ku wa Gatatu taliki ya 31 Nyakanga 2024 nibwo Premier League yafatiye ikipe ya Manchester City ibihano bitewe nuko yagiye ituma habaho gutinda gutangira ku mukino ndetse no gutuma habaho gutinda kuwusubukura mu gice cya Kabiri mu mwaka w’imikino wa 2022/23 ndetse nuwa 2023/24.

Ubuyobozi bwa Premier League itegura shampiyona y’ikiciro cya Mbere mu Bwongereza bwatangaje ko bwamaze gufatira ibihano ikipe ya Manchester City bitewe n’amakosa yakoze muri iyo myaka ibiri ishize yo gutuma habaho gutinda gutangira kw’imikino ya shampiyona.

Bitangazwa ko ibi yabikoze ku mikino 22 aho mu mikino 8 byari mu mwaka w’imikino wa 2022/23 mu gihe indi 14 byari mu mwaka w’imikino wa 2023/24. Manchester City yagiye ituma habaho gutinda ku gutangira kw’imikino mu gihe kingana hagati y’umunota umwe ndetse n’iminota 2 n’amasegonda 45.

Manchester City yatwaye iminota 39 n’amasegonda 52 muri uko gutinza imikino. Umwe mu mukino wabayeho gutinda cyane ni usoza shampiyona ya 2023/24 batsinzemo West Ham United bigabita bituma begukana igikombe bagitwaye Arsenal bari bagihanganiye.

Kubera izo mpamvu zose zatangajwe byatumye Manchester City icibwa amafaranga angana na miliyoni 2 z’Amayero dore ko gutinza umukino umwe ucibwa amafaranga ari hagati y’ibihumbi 100 na 200 by’Amayero.

Ni ibihano ikipe ya Manchester City yemeye kandi ibisabira imbabazi.

Manchester City niyo yegukanye igikombe cya shampiyona cya Premier League

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago