INKURU ZIDASANZWE

Perezida Tshisekedi yajyanwe kuvurwa indwara imurembeje mu Bubiligi

Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byatangaje ko kuri ubu Perezida Tshisekedi yagiye kwivuriza mu gihugu cy’u Bubiligi.

Mu itangazo, Perezidansi yashyize hanze kuri uyu wa 31 Nyakanga 2024, byavuze ko Tshisekedi kuri ubu ari mu gihugu cy’u Bubiligi, aho ari kwitabwaho n’abaganga.

Perezidansi ivuga ko yajyanwe kwivuriza muri kiriya gihugu kugira ngo yitabweho kubera uburwayi bumurembeje.

Ni nyuma yaho Tshisekedi yarategerejwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abanye-Congo cyagombaga kubera i Kisangani ariko ntaboneke.

Ni igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abanye-Congo nk’uko babivuga cyahawe Minisitiri w’Intebe, Judith Tuluka Suminwa ububasha bwo guhagararira Tshisekedi i Kisangani.

Ibiro bye bivuga ko yajyanwe muri kiriya gihugu kugira ngo abaganga bamuvure ingasire y’uruti rw’umugongo amaze igihe arwaye.

Mbere y’uko ajyanwa mu Bubiligi, Perezidansi ya RD Congo ivuga ko Umukuru w’igihugu yabanje kujyanwa mu bitaro bya gisirikare bya Camp Tshatshi.

Ni indwara yaramaranye igihe nk’uko bitangazwa kuko muri Werurwe umwaka 2022 nibwo Tshisekedi yatangiye kwivuza iyi ndwara yari imurembeje bikomeye ajyanwa mu Bubiligi.

Muri Mata 2024, benshi bagize amakenga y’irengero rye, gusa byaje gutangazwa ko Tshisekedi yaramaze iminsi ari kuvurirwa mu Bubiligi.

Perezida Tshisekedi amaze igihe arwaye indwara ingasire y’uruti rw’umugongo

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

10 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

11 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

12 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago