INKURU ZIDASANZWE

Perezida Tshisekedi yajyanwe kuvurwa indwara imurembeje mu Bubiligi

Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byatangaje ko kuri ubu Perezida Tshisekedi yagiye kwivuriza mu gihugu cy’u Bubiligi.

Mu itangazo, Perezidansi yashyize hanze kuri uyu wa 31 Nyakanga 2024, byavuze ko Tshisekedi kuri ubu ari mu gihugu cy’u Bubiligi, aho ari kwitabwaho n’abaganga.

Perezidansi ivuga ko yajyanwe kwivuriza muri kiriya gihugu kugira ngo yitabweho kubera uburwayi bumurembeje.

Ni nyuma yaho Tshisekedi yarategerejwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abanye-Congo cyagombaga kubera i Kisangani ariko ntaboneke.

Ni igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abanye-Congo nk’uko babivuga cyahawe Minisitiri w’Intebe, Judith Tuluka Suminwa ububasha bwo guhagararira Tshisekedi i Kisangani.

Ibiro bye bivuga ko yajyanwe muri kiriya gihugu kugira ngo abaganga bamuvure ingasire y’uruti rw’umugongo amaze igihe arwaye.

Mbere y’uko ajyanwa mu Bubiligi, Perezidansi ya RD Congo ivuga ko Umukuru w’igihugu yabanje kujyanwa mu bitaro bya gisirikare bya Camp Tshatshi.

Ni indwara yaramaranye igihe nk’uko bitangazwa kuko muri Werurwe umwaka 2022 nibwo Tshisekedi yatangiye kwivuza iyi ndwara yari imurembeje bikomeye ajyanwa mu Bubiligi.

Muri Mata 2024, benshi bagize amakenga y’irengero rye, gusa byaje gutangazwa ko Tshisekedi yaramaze iminsi ari kuvurirwa mu Bubiligi.

Perezida Tshisekedi amaze igihe arwaye indwara ingasire y’uruti rw’umugongo

Christian

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

3 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

23 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

24 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

1 day ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago