INKURU ZIDASANZWE

Abanyamakuru 2 ba Aljazeera baguye mu gitero cya Israel yagabye muri Gaza

Amakuru avuga ko kuwa Gatatu, Abanyamakuru babiri bakoreraga ikinyamakuru cya Aljazeera bahitanywe n’ibitero ingabo za Israel zagabye mu nkambi ya Al-Shati iri mu majyaruguru ya Gaza.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yatangaje ko iyi ntambara igenda ishyira mu byago abanyamakuru b’imbere mu gihugu.

CNN yanditse ko Ismail Al-Ghoul na mugenzi we ufata amashusho Rami Al-Rifi, baguye mu gitero cyagabwe n’ingabo za Israel zirwanira mu kirere, nyuma y’uko imodoka yabo irasiwe mu nkambi ya al Shati.

Aba banyamakuru bombi b’imyaka 27 bakoraga imbonankubone mu gace kegerereye aho umuryango wa Ismail Haniyeh wari umuyobozi Mukuru w’umutwe wa Hamas wari utuye.

Aljazeera yashinje ingabo za Israel kugambirira kwica abanyamakuru bayo.

Iti “Iki gitero ni ubwicanyi bugambiriwe bwibasira itsinda ry’abanyamakuru n’imiryango yabo byatangiye mu Ukwakira 2023.”

Ingabo za Israel zatangaje ko Al-Ghoul yari umwe mu bagize umutwe wa Hamas, ndetse yagize uruhare mu gitero uyu mutwe wagabye kuri Israel tariki 7 Ukwakira 2023.

IDF yavuze ko “ku bw’uruhare rwe mu ruhande rwa gisirikare, Al-Ghoul yatanze amabwiriza ku bandi barwanyi uko bafata amashusho n’amajwi y’ibikorwa bya gisirikare ndetse yagize uruhare mu gufata amashusho no gukwirakwiza amashusho y’ibitero byagabwe ku ngabo za Israel. Ibikorwa bye byigaragazaga ko ari umwe mu bagize igisirikare cya Hamas.”

Ibiro bya Aljazeera muri Israel na Palestine byatangaje ko Al-Ghoul yigeze gutabwa muri yombi n’ingabo za Israel muri Werurwe, afungwa amasaha 12 ariko nyuma aza kurekurwa.

Aljazeera ivuga ko mu iyo Al-Ghoul atabaho Isi itari kumenya ibikorwa bya kinyamaswa bikorwa mu ntambara igiye kumara umwaka ishyamiranyije ingabo za Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago