IMIKINO

Carlo Ancelotti yaciye impaka ku mukinnyi abona ukwiriye Ballon d’Or

Umutoza w’ikipe ya Real Madrid Carlo Ancelotti yageneye umukinnyi we Vinícius Júnior Ballon d’Or ikomeje kwibazwaho uzayegukanye.

Mu kiganiro Ancelotti yahawe na Obi ubwo yamubazaga umukinnyi abona ukwiriye guhabwa igihembo cya Balloon d’Or, uyu mutoza atazuyaje yavuze ko kuri we abona Umunya-Brazil Vinícius Júnior.

Yagize ati “Ndatekereza Vinícius agiye gutsinda kubera ko n’umukinnyi w’impano kandi ni umwe mu bakoze umwaka ushize.”

Ibi nyamara umutoza Ancelotti abitangaje mu gihe, mu ikipe ye atoza ya Real Madrid harimo abakinnyi barenze umwe bahabwa amahirwe yo kuba bakwegukana uyu mupira wa zahabu.

Ni mugihe kandi avuga Vinícius Júnior ikipe ye y’Igihugu ya Brazil itarigeze igera kure mu irushanwa rya Copa America ryegukanwe n’ikipe ya Argentina ya Messi.

Abo nta bandi ni umwongerera ‘Jude Bellingham’ ukina inyuma y’abataha izamu n’Umunya-Espagne Carvajal.

Aba bombi babashije kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cya EURO 2024, ubwo Ubwongereza bwahuraga n’ikipe y’igihugu ya Espagne ndetse Carvajal abasha kwegukana icyo gikombe.

Real Madrid ibarizwamo abo bakinnyi bose niyo yegukanye Champions League y’umwaka ushize ndetse n’igikombe cya shampiyona ya Espagne ‘La Liga’.

Vinícius Júnior yagize uruhare mu mwaka w’imikino 2023/2024, aho yatsinze ibitego 29, muri La Liga 15, Champions League 6, Copa America 2.

Ni mugihe Jude Bellingham yagize uruhare mu mwaka w’imikino 2023/2024, aho yatsinze ibitego 25, muri La Liga 19, Champions League 4, n’ibitego 2 yatsindiye ikipe y’Igihugu muri Euro 2024.

Naho Carvajal yabashije gutsindira ikipe ye ya Real Madrid ibitego 4 muri La Liga, muri Champions League atsinda igitego 1, mugihe n’irushanwa rya Euro ikipe ye yegukanye igikombe yayitsindiye igitego 1.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

8 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago