POLITIKE

Perezida wa Angola Lourenço yahuje mu biganiro Kagame na Tshisekedi

Kuri uyu wa Kane, tariki 1 Kanama 2024, Perezida wa Angola João Lourenço yahuje mu biganiro byabereye kuri telefoni Kagame na Tshisekedi.

Perezidansi ya Angola yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku ngingo yerekeyeye “guhagarika imirwano hagati y’impande zishyamiranye mu burasirazuba bwa RDC” iheruka gufatirwa i Luanda muri Angola, ahaheruka guhurira abakuru ba dipolomasi y’ibihugu by’u Rwanda na RDC.

Perezidansi ya Angola ntiyigeze isobanura birambuye ibyo ba Perezida Lourenço na Kagame baganiriyeho kuri iyi ngingo.

Luanda icyakora ivuga ko ejo bundi hashize (ku wa Gatatu) Perezida Lourenço yanahamagaye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa RDC bakaganira kuri iriya ngingo.

Inama ya Luanda yo ku wa Kabiri w’iki cyumweru yabaye nyuma y’uko hagati ya Gashyantare na Werurwe uyu mwaka Perezida Lourenço yari yakiriye i Luanda ba Perezida Tshisekedi na Kagame, mu biganiro byari bigamije gushaka uko amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC yahoshwa.

Aha muri Congo hamaze imyaka irenga ibiri n’igice habera imirwano ikomeye isakiranya ihuriro ry’ingabo za Leta ndetse n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Izi nyeshyamba ku wa Kane zatangaje ko zitarebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano uheruka gufatirwa imirwano, kuko inama yawufatiyemo zitigeze ziyitabira.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago