IMIKINO

Pogba yavuze agahinda akomeje guterwa no guhagarikwa gukina ruhago

Umukinnyi w’umufaransa Paul Labile Pogba yeruye akari ku mutima we avuga uburyo akomeje guterwa agahinda no guhagarikwa gukina ruhago.

Uyu mukinnyi uri mu bakinnyi beza Isi yagize bakina hagati mu kibuga aherutse guhagarikwa mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru imyaka ine kubera ikoresha ry’imiti imwongerera imbaraga mu mubiri.

Pogba yanyuze mu makipe akomeye ku mugabane w’Uburayi, aho yakiniye ikipe ya Manchester United, Juventus igihe kitari gito n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleu).

Pogba w’imyaka 31 y’amavuko kuva yahagarikwa yaje gukomoza ku bihano yahawe mu kiganiro yagiranye na ‘Forbes’ byo guhagarikwa mu bikorwa byose bigendanye na ruhago.

Yagize ati “Tuvugishije ukuri biragoye cyane, umupira w’amaguru nibwo bwari ubuzima bwanjye kuko n’ubu ndabyibuka.”

“Icyakora cyo mfite umuryango wanjye, ukwizera kwanjye, inshuti zanjye, ndetse n’abafana banjye banshigikiye, nibyo bituma ngiramo koroha. Byose ntekereza ko bizaba byiza.”

“Nubwo ntashobora kuvuga byinshi kuri ibi, ikiriho ni uko igihe kimwe imihanda izatanga ubujurire bwa nyabyo. Kugeza icyo gihe kigeze, icyo ndi kwibandaho ni ugukomeza kuba mwiza kandi ntegereje ubujurire.”

Paul Pogba avuga ko ubusanzwe yagakwiriye kuba akina umupira w’amaguru dore ko yafataniwe ibihano bikakaye.

Pogba yabaye kimenywa bose kubera ubuhanga yagiye agaragaza mu kibuga, uyu kandi yari mu batwaranye igikombe cy’Isi cy’u Bufaransa yegukanye mu mwaka wa 2018.

Paul Pogba avuga ko kwitwara neza ubujurire bukwiriye bukazabaho kandi bwiza

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

20 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

22 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

22 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

22 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago