INKURU ZIDASANZWE

Rutshuru: M23 yongeye kwigarurira utundi duce dushya idukuyemo ingabo za FARDC

Ku wa Gatanu, umutwe wa M23 wigaruriye uduce turimo Nyabanira na Ngwenda two muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo za leta ya RDC.

M23 yigaruriye utu duce nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ingabo za leta kuva mu masaha y’igitondo.

Usibye utu duce, kuva ku wa Gatanu kandi M23 iragenzura uduce tw’ibyaro twa Kiseguro, Kasave, Nyakahanga na Katwiguro.

Amakuru aturuka hakurya avuga ko kugeza mu masaha y’umugoroba imirwano yarimo ijya mbere mu gace ka Kisharo gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 uvuye mu mujyi wa Kiwandja.

M23 yigaruriye turiya duce, mu gihe ku wa Gatanu tariki ya 2 Kanama ari wo wari umunsi wa nyuma w’agahenge k’ibyumweru bine kari karatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inama y’abakuru ba dipolomasi y’u Rwanda na RDC iheruka kubera i Luanda muri Angola yanzuye ko kuva ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo igomba guhagarara, gusa inyeshyamba zabiteye utwatsi zivuga ko zidashobora kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama zitigeze zitabira.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

20 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

22 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

22 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

22 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago