INKURU ZIDASANZWE

Rutshuru: M23 yongeye kwigarurira utundi duce dushya idukuyemo ingabo za FARDC

Ku wa Gatanu, umutwe wa M23 wigaruriye uduce turimo Nyabanira na Ngwenda two muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo za leta ya RDC.

Advertisements

M23 yigaruriye utu duce nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ingabo za leta kuva mu masaha y’igitondo.

Usibye utu duce, kuva ku wa Gatanu kandi M23 iragenzura uduce tw’ibyaro twa Kiseguro, Kasave, Nyakahanga na Katwiguro.

Amakuru aturuka hakurya avuga ko kugeza mu masaha y’umugoroba imirwano yarimo ijya mbere mu gace ka Kisharo gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 uvuye mu mujyi wa Kiwandja.

M23 yigaruriye turiya duce, mu gihe ku wa Gatanu tariki ya 2 Kanama ari wo wari umunsi wa nyuma w’agahenge k’ibyumweru bine kari karatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inama y’abakuru ba dipolomasi y’u Rwanda na RDC iheruka kubera i Luanda muri Angola yanzuye ko kuva ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo igomba guhagarara, gusa inyeshyamba zabiteye utwatsi zivuga ko zidashobora kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama zitigeze zitabira.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago