Ku wa Gatanu, umutwe wa M23 wigaruriye uduce turimo Nyabanira na Ngwenda two muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo za leta ya RDC.
M23 yigaruriye utu duce nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ingabo za leta kuva mu masaha y’igitondo.
Usibye utu duce, kuva ku wa Gatanu kandi M23 iragenzura uduce tw’ibyaro twa Kiseguro, Kasave, Nyakahanga na Katwiguro.
Amakuru aturuka hakurya avuga ko kugeza mu masaha y’umugoroba imirwano yarimo ijya mbere mu gace ka Kisharo gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 uvuye mu mujyi wa Kiwandja.
M23 yigaruriye turiya duce, mu gihe ku wa Gatanu tariki ya 2 Kanama ari wo wari umunsi wa nyuma w’agahenge k’ibyumweru bine kari karatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Inama y’abakuru ba dipolomasi y’u Rwanda na RDC iheruka kubera i Luanda muri Angola yanzuye ko kuva ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo igomba guhagarara, gusa inyeshyamba zabiteye utwatsi zivuga ko zidashobora kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama zitigeze zitabira.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…