IMIKINO

Ubufaransa U23 bwihimuye kuri Argentina U23 igera muri ½ mu mikino olempike, imvururu ziravuka

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, habaye umukino wa ¼ cy’irangiza wahuje igihugu cy’u Bufaransa y’abatarengeje imyaka 23 n’igihugu cya Argentina y’abatarengeje iyo myaka mu mikino Olempike ikomeje kubera i Paris mu Bufaransa.

Advertisements

Ubufaransa bwari imbere y’Abafana bayo birinze gukora ikosa, bihemura kuri Argentina yigeze kuyibuza igikombe cy’Isi mu ikipe y’abakuru, aho umukino warangiye ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa itsinze Argentina igitego 1-0.

Ni umukino warimo ihangana rikomeye ku mpande zombi, aho ubufaransa bwabonye igitego cyaje cyihuse gitsinzwe na Jean Pierre Philip Mateta waruhawe umupira mwiza na Michael Olise.

Mateta yishimira igitego yaramaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa y’abatarengeje imyaka 23

Ni igitego cyatunguye ikipe ya Argentina yari yizeye kongera kugaraguza agati ikipe y’Ubufaransa nk’uko yabigenze bakuru babo ba bigenje ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Isi cyari cyabereye muri Qatar mu mwaka 2018 ikayitsindira kuri penaliti.

Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa y’abatarengeje imyaka 23 yakomeje kwihagararaho ku gitego cyayo kimwe gusa n’ubwo yakomeje kugenda ihusha ibitego byinshi ariko no ku ruhande rwa Argentina ibifashijwemo n’abakinnyi nka Julian Alvarez, Giuliano Simeone na Nicolas Otamendi ariko birananirana.

Nyuma y’uko umukino urangiye amakipe yombi yagize ubushyamire bukomeye mu kibuga bamwe mu bakinnyi bafatana mu majosi gusa abasifuzi bari bayoboye umukino baza kwemeza intsinzi idasubirwaho y’Ubufaransa.

Ubufaransa y’abatarengeje imyaka 23 yakomeje muri ½, izahura n’ikipe ya Misiri y’abatarengeje imyaka 23, nyuma y’uko itsinze kuri penaliti 5-4, aho umukino wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago