POLITIKE

Gen. Muhoozi yemeje ko azitabira irahira rya Perezida Kagame

General Muhoozi Kainerugaba ari mu bashyitsi bakomeye bazitabira irahira rya Perezida Paul Kagame nk’uko yamaze kubyemeza abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze akoresha.

Advertisements

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwa X, Gen. Muhoozi yavuze ko yishimiye kuba ari umwe mu bazitabira ibirori by’irahira ry’umukuru Paul Kagame uherutse kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu iri mbere.

Yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nzasura murugo ha kabiri, ‘Rwanda’, vuba nditabira irahira rya Afande Kagame, bigomba kuba, ntabyo gushidikanya, ibirori bikomeye ku mugabane w’Afurika. Urukundo rugumeho.”

Nyuma y’ubwo butumwa yahise yongeraho ko afitiye urukundo u Rwanda kuko ari ubwoko bwe.

Ati “Urukundo nkunda u Rwanda ni ukubera ko ari ubwoko bwangye. Ndabakunda kandi Imana ibahe imigisha buri gihe.”

Gen. Muhoozi umuhungu w’imfura ya Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni akaba n’Umujyanama we mu by’agisirikare yemeje kuzitabira ibirori by’irahira rya Paul Kagame, mugihe mu minsi yashize Perezida Museveni we ubwe yaraherutse gushimira intsinzi ya mugenzi we uherutse gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda biteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, kuri Sitade Amahoro.

Ni ibirori kandi bitegerejwemo abanyacyubahiro batandukanye barimo abakuru b’ibihugu abahagarariye ibihugu byabo, inshuti z’u Rwanda n’abandi.

Gen. Muhoozi ni umwe mu bagaragaje uruhare rwo guhoshya amakimbirane yari hagati y’igihugu cye n’u Rwanda byari byatumye abaturage ku mpande zombi batakigenderana kuko n’umupaka wa Uganda wari wafunzwe gusa kuri ubu inzira zisigaye ziri nyabagendwa.

General Muhoozi yagize uruhare mu ifungurwa ry’umupaka wa Uganda n’u Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago