UMUTEKANO

Mali yatangaje ko yacanye umubano yarifitanye na Ukraine

Igihugu cya Mali kibarizwa ku mugabane w’Afurika cyavuze ko cyahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Ukraine, nyuma y’uko umuyobozi wa gisirikare avuze ko Kyiv yagize uruhare mu mirwano iherutse kuba hafi y’umupaka na Algeria mu kwezi gushize.

Advertisements

Abasirikare ba Mali n’abacanshuro benshi bo mu mutwe wa Wagner wo mu Burusiya biciwe mu mirwano yamaze iminsi yabahuje n’abigometse ku butegetsi b’Aba-Tuareg n’abarwanyi bafitanye isano na al-Qaeda.

Andriy Yusov, umuvugizi w’ubutasi bwa gisirikare bwa Ukraine, mu cyumweru gishize yavuze ko inyeshyamba zahawe “amakuru akenewe” kugira ngo zikore ibyo bitero nk’uko tubikesha BBC.

Umwe mu bayobozi bakuru bo muri Mali, Colonel Abdoulaye Maiga, yavuze ko guverinoma ye yatunguwe no kumva ibi kandi ishinja Ukraine kuvogera ubusugire bwa Mali.

Amagambo ya Yusov “yemeje uruhare rwa Ukraine mu gitero cy’ubugwari, ubuhemu ndetse n’ubugome cyakozwe n’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro” bikaba byaratumye abasirikare ba Mali bapfa, nk’uko Col Maiga yabitangaje.

Mali yahisemo guhagarika umubano “byihuse”. Mu cyumweru gishize, ingabo za Mali ziyemereye ko zagize igihombo gikomeye mu minsi myinshi y’imirwano yatangiye ku itariki ya 25 Nyakanga.

Iyi mirwano yabereye mu butayu hafi ya Tinzaouaten, umujyi uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba ku mupaka na Algeria.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago