IMIKINO

Nicolas Pepe wabaye umukinnyi wa Arsenal yasinyiye ikipe yo muri Espagne

Umwe mu bakinnyi bigeze guhenda asinyira ikipe ya Arsenal Fc yo mu Bwongereza, Nicolas Pepe yamaze kwerekeza muri Villarreal ibarizwa muri Espagne.

Advertisements

Nicolas ukina asatira izamu ariko aca ku ruhande, yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Villarreal ikina icyiciro cya mbere mu gihugu cya Espagne (La Liga).

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko asinyiye ikipe ya Villarreal avuye mu ikipe ya Trabzonspor ikina shampiyona ya Turikiya.

Pepe yasinyiye ikipe ya Villarreal CF yo muri Espagne

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya Villarreal bagize bati “Villarreal yamaze kumvikana na Nicolas Pepe w’umunyama-Cote d’Ivoire ariko wavukiye mu Bufaransa ku masezerano yo gukinira ikipe yambara umuhondo mugihe cy’imyaka ibiri izamugeza mu mpeshyi y’umwaka 2026.”

Nicolas Pepe yaguzwe na Arsenal imutanzeho akayabo ka miliyoni 72 z’ama-pound bamukura muri Lille yo mu Bufaransa mu mwaka 2019, mu myaka ine yamaze akinira kuri Emirates, yatsinze ibitego 27 mu mikino 112 mbere yuko amasezerano ye arangira mu mpeshyi ishize. Nyuma yo gutizwa muri Nice mugihe cya 2022/23, yaje kujya kwerekeza muri Trabzonspor nyuma y’uko muri Nzeri amasezerano ye yararangiye.

Uyu mukinnyi winjiye mu ikipe ya Gunners iyobowe na Unai Emery, yagize uruhare rukomeye bwa mbere akinira kuri Emirates, atsinda ibitego bitanu gusa atanga imipira itandatu yabyaye ibitego mu mikino 31 yakinnye. Amahirwe ye yo gukomeza gukina yahindutse ubwo Mikel Arteta yatangiraga, kuyitoza gusa Pepe yaje kongera kwigaragaza muri saison ye ya kabiri.

Nicolas Pepe yerekeje muri shampiyona ya La Liga

Mu mwaka 2020/21, Pepe yaje kubasha gutsinda ibitego 16, atanga imipira itanu yavuyemo ibitego aho yahise aba umukinnyi wa kabiri warutsinze ibitego byinshi mu mwaka w’imikino nyuma ya Alexandre Lacazette watsinze ibitego 17. Gusa nyuma byaje kugaragara ko uyu mukinnyi atarakunzwe n’abakunzi ba Arsenal kugeza ubwo atongeye guhabwa umwanya wo kwigaragaza.

Mu mwaka wa 2019, Nicolas Pepe yabaye umukinnyi waguzwe ahenze na miliyoni 72 z’ama-pound ubwo yagurwaga n’ikipe ya Arsenal imukuye muri Lille, agahigo kaje gukurwaho na Declan Rice waguzwe na West Ham kuri miliyoni 105 z’ama-pound.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago