IMIKINO

Rutahizamu w’Umunyarwanda Kagere Meddie yashimwe n’ikipe nshya yari yamutiriye

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” Meddie Kagere yashyize umukono ku masezerano mashya mu ikipe yo muri Tanzania yitwa ‘Namungo’ yari yaratijwemo mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Meddie Kagere yasinyiye amasezerano mashya muri Namungo mu gihe cy’umwaka umwe akinira iyi kipe yo muri Tanzania.

Uyu rutahizamu wigeze kugira ibihe bitari bibi mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yageze muri Namungo mu ntangiriro z’uyu mwaka aho yari intizanyo ya Singida Black Stars y’amezi atandatu.

Nyuma y’uko amezi atandatu y’intizanyo arangiye, ubuyobozi bw’iyi kipe bwaje kumwegera bumusaba ko bwamuha andi masezerano y’umwaka umwe nyuma yo gushima umusaruro yabahaye muri icyo gihe cy’amezi atandatu.

Nta guca kuruhande, rutahizamu Meddie Kagere yaje kongera amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe yo muri Tanzania.

Nyuma yo gusinya amasezerano Meddie Kagere yahise asanga ikipe ye mu mwiherero wo kwitegura umwaka w’imikino wa 2024-25 irimo gukorera muri Academy Rhino mu gace ka Karatu muri Tanzania.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago