MU MAHANGA

Umuherwe Jeff Bezos yatakaje miliyari 15 z’Amadorali y’Amerika mu munsi umwe

Umuherwe Jeff Bezos yatakaje miliyari 15 z’amadolari y’Amerika ku mutungo we mu munsi umwe nyuma y’uko habayeho igabanuka ry’imigabane ku baherwe bagera ku bantu 500 bakize ku isi barimo Mark Zuckerberg na Elon Musk byatumye bose batakaza miliyari 134 muri rusange.

Nk’uko ikinyamakuru Bloomberg kibitangaza ngo ku wa gatanu imigabane y’uruganda rwa Amazon yagabanutseho 8.8 ku ijana mu rwego ry’igura n’igurisha ku isoko. Ibi byatumye umutungo wa Bezos usigara ufite agaciro ka miliyari 191.5 z’amadolari y’Amerika, kubera ko ubutunzi bwe bushingiye by’umwihariko kuri sosiyete ye y’ubucuruzi.

Muri uyu mwaka, Bezos yagiye agurisha imigabane ye muri Amazone inshuro zitari nke, aho yagurishije ifite agaciro ka miliyoni 8.5 z’amadolari mu bubiko bwe mu mitungo muri Gashyantare anatangaza ko ateganya kugurisha indi migabane ifite agaciro ka miliyoni 5 z’amadolari, ibyo bikaba byari kumusigira imigabane ingana na miliyoni 912, ni ukuvuga 8.8%.

Raporo yanavuze ko imigabane ya Meta Platforms Inc ya Zuckerberg yagabanutseho 1,9%, byatumye atakaza agaciro k’amafaranga asaga miliyari 3 z’amadolari, mu gihe umutungo w’umuherwe wa mbere Elon Musk nawo wagabanutseho miliyari 6.6 z’amadolari kuko imigabane ye ya Tesla yagabanutseho 4.2%.

Igihombo cya miliyari 15.2 z’amadolari cyatejwe kuwa gatanu ni cyo cya gatatu cyashyize hasi Bezos yagize nyuma y’uko ubutunzi bwe bugabanutseho miliyari 36 z’amadolari nyuma yo gutandukana kwe n’uwari umugore we muri Mata 2019 ndetse n’igihe imigabane ye ya Amazone yagabanutseho 14% muri Mata 2022.

Imigabane ya Amazone iherutse kumumanura nyuma y’uko iyi sosiyete ivuze ko izakomeza gushora imari cyane muri AI, n’ubwo abashoramari batinya inganda zose bavuga ko inyungu zatewe na AI muri uyu mwaka zirenze ubushobozi.

Abandi baherwe basaga 500 imitungo yabo yaganutse bitewe n’igurisha ry’imigabane nibyo bakora barimo Larry Ellison wa Oracle Corp, umutungo we wagabanutseho miliyari 4.4 z’amadolari, hamwe na ba miliyari b’ikoranabuhanga Sergey Brin na Larry Page buri wese yatakaje amadolari arenga miliyari 3.

Urubuga Forbes ruherutse gutangaza abaherwe 10 batunze agatubutse bayobowe na Elon Musk wa Tesla ufite miliyari 220.8$, naho Jeff Bezos nyiri Amazon ari ku mwanya wa kabiri n’umutungo wa miliyari 180$, mugihe umwanya wa gatatu wafashwe na Bernard Arnault & family nyiri LVMH n’umutungo wa miliyari 173.8$, Mark Zuckerberg nyiri Facebook yaje ku mwanya wa Kane n’umutungo wa miliyari 165.7$.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

3 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

4 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

4 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

4 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago