IMIKINO

APR Fc yatangiye imyitozo ikakaye yo kwitegura umukino wa Super Cup-AMAFOTO

Ikipe ya APR Fc yatangiye kwitegura umukino ukomeye wo guhatanira igikombe cya Super Cup, kizahatanirwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024.

Iyi kipe isanzwe ikorera imyitozo ku kibuga cya Shyorongi yatangiye kwitegura ikipe ya Police Fc mu mukino wo guhatanira igikombe cya kibanziriza shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ‘Super Cup’.

APR Fc iheruka gukina n’ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania, mu mukino wa gicuti wabereye kuri Mkapa Stadium, aho bari bayitumiye mu birori bitegurwa na Simba SC ‘SimbaDay’.

Muri uyu mukino warangiye APR Fc itsindiwe na Simba SC yari imbere y’abakunzi bayo bari bakubise buzuye ku bitego 2-0.

APR Fc kandi yakoranye imyitozo n’abakinnyi bayo bose, mu kwitegura guhatanira igikombe cya mbere umwaka 2024/2025 mu mukino usanzwe witwa w’umutekano kubera ko bagiye guhura na Police Fc.

Umukino uheruka guhuza amakipe yombi, warangiye APR Fc itsinze Police Fc igitego 1-0 mu mukino wafunguraga kumugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe.

Igikombe cya Super Cup gihatanirwa n’ikipe iba yaregukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere n’ikipe iba yaregukanye igikombe cy’Amahoro. A kuri iyi nshuro ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize na Police Fc yatwaye igikombe cy’Amahoro ariyo azahura mu mukino ukinirwe kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00′).

Ku rundi ruhande Police Fc nayo ikomeje imyitozo nayo yo kwitegura uyu mukino n’ikipe ya APR Fc.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

12 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

13 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

14 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

14 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago