Kuri iki gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 6 Kanama 2024, nibwo myugariro Buregeya Prince wanyuze mu ikipe ya APR Fc yerekeje mu gihugu cya Iraq mu ikipe yitwa Al-Nasiriya.
Prince aheruka gutandukana n’ikipe ya APR Fc, kuri ubu uyu mukinnyi yerekeje mu ikipe ya Al-Nasiriya aho yamaze guhabwa n’ikaze, akaba azayikinira umwaka w’imikino 2024/2025 ungana n’amasezerano y’umwaka umwe.
Ikipe ya Al-Nasiriya izwi nka Sons of Sumer yo mu cyiciro cya kabiri muri Iraq yasoje umwaka ushize iri ku mwanya wa Kane mu itsinda rya kabiri ry’iyi Shampiyona yo ku rwego rwa kabiri muri Iraq.
Buregeya nta kipe yari afite kuva muri Kamena ubwo yatandukanaga na APR FC yari amazemo imyaka irindwi.
Buregeya Prince ni umwe mu bakinnyi bafashije ikipe ya APR Fc kwegukana ibikombe byinshi bya shampiyona dore ko by’umwihariko mu mwaka 2018/2019 imikino 30 yose yabashije kuyikina.
Mu mwaka ushize w’imikino nta mwanya uhagije wo gukina yabonye bituma asaba ubuyobozi bwa APR FC ko bwamureka akajya aho azabona umwanya wo gukina, na yo iramwemerera iramusezerera.
Mu myaka irindwi yamaze muri APR FC yatwaranye na yo ibikombe 6 bya shampiyona ni mu gihe nta gikombe cy’Amahoro yabashije kwegukana.
Shampiyona ya Iraq izatangira mu kwakira 2024 nk’uko biteganyijwe ku ngengabihe yashyizwe hanze.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…