IMIKINO

Myugariro Buregeya Prince yagiye gushaka umugati muri Iraq

Kuri iki gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 6 Kanama 2024, nibwo myugariro Buregeya Prince wanyuze mu ikipe ya APR Fc yerekeje mu gihugu cya Iraq mu ikipe yitwa Al-Nasiriya.

Prince aheruka gutandukana n’ikipe ya APR Fc, kuri ubu uyu mukinnyi yerekeje mu ikipe ya Al-Nasiriya aho yamaze guhabwa n’ikaze, akaba azayikinira umwaka w’imikino 2024/2025 ungana n’amasezerano y’umwaka umwe.

Ikipe ya Al-Nasiriya izwi nka Sons of Sumer yo mu cyiciro cya kabiri muri Iraq yasoje umwaka ushize iri ku mwanya wa Kane mu itsinda rya kabiri ry’iyi Shampiyona yo ku rwego rwa kabiri muri Iraq.

Buregeya nta kipe yari afite kuva muri Kamena ubwo yatandukanaga na APR FC yari amazemo imyaka irindwi.

Buregeya Prince ni umwe mu bakinnyi bafashije ikipe ya APR Fc kwegukana ibikombe byinshi bya shampiyona dore ko by’umwihariko mu mwaka 2018/2019 imikino 30 yose yabashije kuyikina.

Mu mwaka ushize w’imikino nta mwanya uhagije wo gukina yabonye bituma asaba ubuyobozi bwa APR FC ko bwamureka akajya aho azabona umwanya wo gukina, na yo iramwemerera iramusezerera.

Mu myaka irindwi yamaze muri APR FC yatwaranye na yo ibikombe 6 bya shampiyona ni mu gihe nta gikombe cy’Amahoro yabashije kwegukana.

Shampiyona ya Iraq izatangira mu kwakira 2024 nk’uko biteganyijwe ku ngengabihe yashyizwe hanze.

Buregeya Prince agikinira APR Fc

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 hour ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

3 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

3 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

3 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

24 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago