MU MAHANGA

Diamond Platnumz yahaye agatubutse Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye ‘Komasava Remix’

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye mu muziki nka Diamond Platnumz yakoze mu ikofi ahemba agatubutse Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye ‘Komasava’ ikomeje guca ibintu.

Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania yahaye amafaranga y’ishimwe angana n’amadorari ibihumbi 10 ni ukuvuga arenga miliyoni 13 mu mafaranga y’u Rwanda, umunyarwenya wo muri Uganda Rango Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye Komasava abinyujije ku rubuga rwe rwa TikTok.

Sibyo gusa kandi, kuko uyu muhanzi yanamutumiye muri Tanzania kugira ngo bazasangire, akaba azanamwishyurira buri kimwe cyose kijyanye n’urugendo azakora.

Diamond Platnumz yahaye amafaranga Tenge Tenge yo kumushimira ko yamamaje indirimbo ye ‘Komasava Remix’

Rango Tenge Tenge ni umwana ukiri muto waje kuba icyamamare bitewe n’imiterere y’amaso ye ndetse n’imibyinire yagiye itangarirwa na benshi.

Ibi byatumye aba icyamamare, aho yabaye kimenywa bose binyuze mu njya ye yihariye yamwiritiye ya ‘Tenge Tenge’ yagiye inabyinwa n’abantu batandukanye barimo n’ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga zabyo.

Uyu mwana uri mu bakurikirwa cyane ky mbuga nkoranyambaga by’umwihariko ku rubuga rwa TikTok yatangiye gukirigita ku mafaranga yamamariza zimwe muri kompanyi zikomeye ku Isi abikesha ubwamamare bwe.

Tenge Tenge yamamaye kubera imirebere ye

Diamond Platnumz ahisemo kumuhemba aya mafaranga mu rwego rwo kumushimira ko yamamaje indirimbo nshya ‘Komasava Remix’ yakoranye n’abarimo umunyamerika Jason Derulo, Khalil Harisson na Chley imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 7 ku rubuga rwa YouTube mu minsi 12 gusa.

Imirebere ya Tenge Tenge yamugize icyamamare ku Isi

Christian

View Comments

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

16 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

16 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago