MU MAHANGA

Diamond Platnumz yahaye agatubutse Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye ‘Komasava Remix’

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye mu muziki nka Diamond Platnumz yakoze mu ikofi ahemba agatubutse Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye ‘Komasava’ ikomeje guca ibintu.

Advertisements

Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania yahaye amafaranga y’ishimwe angana n’amadorari ibihumbi 10 ni ukuvuga arenga miliyoni 13 mu mafaranga y’u Rwanda, umunyarwenya wo muri Uganda Rango Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye Komasava abinyujije ku rubuga rwe rwa TikTok.

Sibyo gusa kandi, kuko uyu muhanzi yanamutumiye muri Tanzania kugira ngo bazasangire, akaba azanamwishyurira buri kimwe cyose kijyanye n’urugendo azakora.

Diamond Platnumz yahaye amafaranga Tenge Tenge yo kumushimira ko yamamaje indirimbo ye ‘Komasava Remix’

Rango Tenge Tenge ni umwana ukiri muto waje kuba icyamamare bitewe n’imiterere y’amaso ye ndetse n’imibyinire yagiye itangarirwa na benshi.

Ibi byatumye aba icyamamare, aho yabaye kimenywa bose binyuze mu njya ye yihariye yamwiritiye ya ‘Tenge Tenge’ yagiye inabyinwa n’abantu batandukanye barimo n’ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga zabyo.

Uyu mwana uri mu bakurikirwa cyane ky mbuga nkoranyambaga by’umwihariko ku rubuga rwa TikTok yatangiye gukirigita ku mafaranga yamamariza zimwe muri kompanyi zikomeye ku Isi abikesha ubwamamare bwe.

Tenge Tenge yamamaye kubera imirebere ye

Diamond Platnumz ahisemo kumuhemba aya mafaranga mu rwego rwo kumushimira ko yamamaje indirimbo nshya ‘Komasava Remix’ yakoranye n’abarimo umunyamerika Jason Derulo, Khalil Harisson na Chley imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 7 ku rubuga rwa YouTube mu minsi 12 gusa.

Imirebere ya Tenge Tenge yamugize icyamamare ku Isi

Christian

View Comments

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago