Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye mu muziki nka Diamond Platnumz yakoze mu ikofi ahemba agatubutse Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye ‘Komasava’ ikomeje guca ibintu.
Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania yahaye amafaranga y’ishimwe angana n’amadorari ibihumbi 10 ni ukuvuga arenga miliyoni 13 mu mafaranga y’u Rwanda, umunyarwenya wo muri Uganda Rango Tenge Tenge kubera kwamamaza indirimbo ye Komasava abinyujije ku rubuga rwe rwa TikTok.
Sibyo gusa kandi, kuko uyu muhanzi yanamutumiye muri Tanzania kugira ngo bazasangire, akaba azanamwishyurira buri kimwe cyose kijyanye n’urugendo azakora.
Rango Tenge Tenge ni umwana ukiri muto waje kuba icyamamare bitewe n’imiterere y’amaso ye ndetse n’imibyinire yagiye itangarirwa na benshi.
Ibi byatumye aba icyamamare, aho yabaye kimenywa bose binyuze mu njya ye yihariye yamwiritiye ya ‘Tenge Tenge’ yagiye inabyinwa n’abantu batandukanye barimo n’ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga zabyo.
Uyu mwana uri mu bakurikirwa cyane ky mbuga nkoranyambaga by’umwihariko ku rubuga rwa TikTok yatangiye gukirigita ku mafaranga yamamariza zimwe muri kompanyi zikomeye ku Isi abikesha ubwamamare bwe.
Diamond Platnumz ahisemo kumuhemba aya mafaranga mu rwego rwo kumushimira ko yamamaje indirimbo nshya ‘Komasava Remix’ yakoranye n’abarimo umunyamerika Jason Derulo, Khalil Harisson na Chley imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 7 ku rubuga rwa YouTube mu minsi 12 gusa.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…
View Comments
Mwakoze kumakuru muduha