INKURU ZIDASANZWE

DRC: M23 yafashe agace ka Nyakakoma gakungahaye ku burobyi

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 7 Kanama, agace gakungahaye k’uburobyi ka Nyakakoma gaherereye Teritwari ya Rutshuru, kamaze kujya mu maboko y’inyeshyamba z’umutwe wa M23.

Advertisements

Ibi bibaye nyuma yuko umuriro watse hagati y’ihuriro ry’Ingabi za Congo FARDC n’abo bafatanyije hamwe nInyeshyamba za M23, zageze ku mupaka wa Ishasha, zigarurira na Nyakakoma.

Amakuru dukesha Radio Okapi akomeza avuga ko bamwe mu baturage bakomeje kwihisha mu ngo zabo iyo mirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo zirwanira mu mazi kimwe na Mayi-Mayi bari i Nyakakoma akaba ari imirwano yamaze iminota igera kuri mirongo itatu gusa.

Nyakakoma ni agace kiganje mo imirimo y’ uburobyi, bwashyizweho n’ikigo cya Congo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (ICCN) kiyobowe n’umutware wa Bwisha, Bwisha Kandi ubu ni imwe muri Gurupema ibarizwa muri Teritwari ya Rutshuru kuri ubu yamaze kwigarurirwa n’ inyeshyamba za M23.

Ifatwa ry’aka gace rikurikiranye n’ibitero byagabwe kuva ku ya 2 Kanama uyu mwaka n’ inyeshyamba za M23 zahagurutse i Nkwenda-Kiseguru zinyura i Nyamilima na Ishasha.

Ibi bitero bibaye mu gihe hari amasezerano yo guhagarika imirwano yasinywe ku ya 30 Nyakanga hagati ya Kinshasa na Kigali i Luanda, yagombaga gutangira gukurikizwa ku ya 4 Kanama 2023, gusa M23 yanze aya masezerano yo guhagarika imirwano, ivuga ko itari yatumiwe mu biganiro bya Luanda.

Kuri uyu wa gatatu nibwo abarwanyi b’ umutwe wa M23 werekeje muri Ako gace aho abaturage bamwe bahunze bakoresheje ubwato bw’uburobyi berekeza muri Rubero mu gihe abarwanyi ba Maï Maï bo bari bahiye ubwoba.

Kugeza ubu ubuyobozi bwa Congo bushinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 nyamara u Rwanda rwo ntirwemeranya nabo.

Ni mu gihe na none kuri uyu wa gatatu tariki 7/8/2024 abahagarariye inzego zishinzwe iperereza hagati y’ u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bahuriye i Luanda muri Angola, na none mu biganiro bigamije kwigira hamwe ahaturuka umuti w’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

RadioOkapi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago