INKURU ZIDASANZWE

Donald Trump na Kamala Harris bemeranyije ibiganiro mpaka

Nk’uko byamaze kwemezwa na Televiziyo ya ABC, yavuze ko Donald Trump na Kamala Harris bemeranyije ikiganiro mpaka ku mwanya wa Perezida bizaba tariki 10 Nzeri 2024.

Advertisements

Ibi bitangajwe nyuma y’uko Donald Trump kuri uyu wa Kane yemeye iyo tariki yo kugirana ikiganiro mpaka, nyamara mu minsi yashize yari yabyanze ashinja televiziyo ABC ko ibyo biganiro bishobora ku zazamura amakimbirane ya hagati yabo bombi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze ryagize ati “Ikigo cy’itangazamakuru cya ABC kizakira abakandida ku mwanya wa perezida bujuje ibisabwa kugira ngo bazungurane ibitekerezo ku ya 10 Nzeri kuri ABC. Visi Perezida wa Harris n’uwahoze ari Perezida Donald Trump bombi bamaze kwemeza ko bazitabira ibiganiro mpaka bya ABC.”

Trump yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu nyubako ye ya Mar-a-Lago iherereye muri Floride, Trump yavuze ko “ategereje” kujya impaka na visi perezida kandi ko yemeye amatariki yashyizweho bikazatambuka no ku bindi bitangazamakuru bikomeye birimo na Fox News, ABC na NBC.

Trump yagize ati “Ntekereza ko ari ngombwa cyane kugira ibiganiro mpaka, kandi twari twumvikanye ko kizaba kur Fox ku ya 4 Nzeri. Twumvikana na NBC. Ariko twemeranyije ko bigomba kubahirizwa ku ya 10 Nzeri. Kandi twongera kumvikana na ABC ko twazakigira ikiganiro ku ya 25 Nzeri, ”

Yakomeje agira ati “Ntekereza ko njyewe nemeye ariko ku rundi ruhande ntizeye ko yakwemera kuzagira ibiganiro (Kamala Harris), sinizeye ko azabyemera, kuko nta kiganiro aragira, nta kiganiro yashobora, nta bushobozi afite, ntegereje kugirana nawe ikiganiro mpaka, kandi ntekereza ko tuzakora ikiganiro cy’amateka meza.”

Harris yari yabanje kuvuga ko azajya impaka na Donald Trump ku ya 10 Nzeri, ariko kugeza ubu ntakintu arongera gutangaza kuri iyi ngingo ikindi kandi akaba ataravuga niba azemera ko bamujya mu kiganiro mpaka ku makuru ya Fox.

Donald Trump yemeye kugirana ikiganiro mpaka na Kamala Harris bahataniye kuyobora Amerika
Kamala Harris ategerejwe mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago