Umukino wa nyuma w’igikombe cya Super Cup uzaba ku wa Gatandatu Saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium, wahawe umusifuzi Ishimwe Jean Claude “Cucuri” ufatwa nk’umwe mu basifuzi bagaragaza ubunyamwuga mu kazi kabo.
Uyu mukino uhuza amakipe abiri y’umutekano ikitwa ‘Derby y’umutekano’ utegerejwe na benshi uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024.
Abandi basifuzi bazungiriza Ishimwe na bo ni mpuzamahanga aho uwa mbere azaba ari Mutuyimana Dieudonné, Ishimwe Didier azaba ari umwungiriza wa kabiri, mu gihe Ruzindana Nsoro ari Umusifuzi wa kane.
Komiseri w’umukino azaba ari Nduwumwami Jean Alpha.
FERWAFA Super Cup ihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye igikombe cyamahoro
APR FC ni yo yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2023/24 mu gihe Police yegukanye igikombe cy’Amahoro cya 2024 .
Super Cup iheruka 2023 yegukanywe na Rayon Sports itsinze Apr fc ibitego 3-0.
Kwinjira kuri uyu mukino ni 2000 Frw ahasanzwe, ahatwikiriye n’ibihumbi 5 Frw, mu gihe muri VIP ari 10,000 by’amafaranga y’u Rwanda.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…