IMIKINO

Hamenyekanye abasifuzi bazaca impaka mu mukino wo guhatanira igikombe cya Super Cup uzahuza APR Fc na Police Fc

Umukino wa nyuma w’igikombe cya Super Cup uzaba ku wa Gatandatu Saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium, wahawe umusifuzi Ishimwe Jean Claude “Cucuri” ufatwa nk’umwe mu basifuzi bagaragaza ubunyamwuga mu kazi kabo.

Uyu mukino uhuza amakipe abiri y’umutekano ikitwa ‘Derby y’umutekano’ utegerejwe na benshi uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024.

Abandi basifuzi bazungiriza Ishimwe na bo ni mpuzamahanga aho uwa mbere azaba ari Mutuyimana Dieudonné, Ishimwe Didier azaba ari umwungiriza wa kabiri, mu gihe Ruzindana Nsoro ari Umusifuzi wa kane.

Komiseri w’umukino azaba ari Nduwumwami Jean Alpha.

FERWAFA Super Cup ihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye igikombe cyamahoro

APR FC ni yo yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2023/24 mu gihe Police yegukanye igikombe cy’Amahoro cya 2024 .

Super Cup iheruka 2023 yegukanywe na Rayon Sports itsinze Apr fc ibitego 3-0.

Kwinjira kuri uyu mukino ni 2000 Frw ahasanzwe, ahatwikiriye n’ibihumbi 5 Frw, mu gihe muri VIP ari 10,000 by’amafaranga y’u Rwanda.

Umusifuzi Mpuzamahanga Ishimwe Jean Claude niwe uzaba uyoboye mu kibuga
Umusifuzi mpuzamahanga Mutuyimana Dieudonné azaba asifura ku ruhande
Ruzindana Nsoro umenyerewe mu basifuzi bo mu Rwanda nawe azasifura muri uyu mukino

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

13 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago