Uwigeze kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), Issa Hayatou yapfuye afite ku myaka 77 aguye mu Mujyi wa Paris.
Urupfu rw’uyu mugabo wakomokaga mu gihugu cya Cameroun rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 8 Kanama 2024, aguye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa.
Hayatou yabaye Perezida wa CAF kuva mu 1988 kugeza muri Werurwe 2017, ubwo yasimburwaga na Malagasy, Ahmad Ahmad.
Yagize kandi umwanya wa Perezida w’agateganyo wa FIFA kuva mu Kwakira 2015 kugeza Gashyantare 2016, nyuma yo guhagarikwa kwa Sepp Blatter.
Yagenzuye amatora ya FIFA yashyizeho umuyobozi uriho kuri ubu ariwe, Gianni Infantino.
Umuvugizi wa CAF yagize ati: “Twatakaje umuyobozi udasanzwe, umuntu witangiye ubuzima bwe mu guteza imbere umupira w’amaguru muri Afurika.”
Ati: “Umurage we uzakomeza kudutera imbaraga mu gihe duharanira kurushaho guteza imbere siporo ku mugabane wa Afurika.”
Nyakwigendera ku ntebe ye yagiye aragwa no kugira intege nke bya hato na hato asinzira mu nama yaba yatumiwemo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…