Uwigeze kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), Issa Hayatou yapfuye afite ku myaka 77 aguye mu Mujyi wa Paris.
Urupfu rw’uyu mugabo wakomokaga mu gihugu cya Cameroun rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 8 Kanama 2024, aguye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa.
Hayatou yabaye Perezida wa CAF kuva mu 1988 kugeza muri Werurwe 2017, ubwo yasimburwaga na Malagasy, Ahmad Ahmad.
Yagize kandi umwanya wa Perezida w’agateganyo wa FIFA kuva mu Kwakira 2015 kugeza Gashyantare 2016, nyuma yo guhagarikwa kwa Sepp Blatter.
Yagenzuye amatora ya FIFA yashyizeho umuyobozi uriho kuri ubu ariwe, Gianni Infantino.
Umuvugizi wa CAF yagize ati: “Twatakaje umuyobozi udasanzwe, umuntu witangiye ubuzima bwe mu guteza imbere umupira w’amaguru muri Afurika.”
Ati: “Umurage we uzakomeza kudutera imbaraga mu gihe duharanira kurushaho guteza imbere siporo ku mugabane wa Afurika.”
Nyakwigendera ku ntebe ye yagiye aragwa no kugira intege nke bya hato na hato asinzira mu nama yaba yatumiwemo.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…
Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…