RWANDA

Hatangajwe imihanda yihariye izakoreshwa n’abashyitsi mu muhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame

Umujyi wa Kigali watangaje imwe mu mihanda yihariye izakoreshwa n’abashyitsi mu muhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame riteganyijwe kuri iki Cyumweru kuri sitade Amahoro i Remera.

Advertisements

Ni mugihe abakuru b’ibihugu n’abahagarariye ibihugu byabo bakomeje kugera i Kigali kwitabira ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame mu myaka itanu iri mbere.

Ni ibirori biteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, kuri sitade Amahoro i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Uyu muhango uteganyijwe kuba mu gitondo uzitabirwa n’abakuru b’ibihugu barenga 20 batandukanye, aho benshi muri bo ari abo ku mugabane w’Afurika.

Mu itangazo Umujyi wa Kigali washyize hanze watangaje ko hari imihanda yihariye yagenewe abashyitsi bazaba bitabiriye ibyo birori.

Umuhanda -Ikibuga Cy’indege mpuzamahanga cya Kigali – Giporoso – Chez Lando – Bk Arena – RDB – KCC – Sopetrade – Peyaje – Serena Hotel – University of Kigali – Minagri izaba ikoreshwa n’abashyitsi.

Ku bw’izo mpamvu abatwara ibinyabiziga basabwe gukoresha indi mihanda ariyo: Kanombe Military – Mu itunda – Kabeza – Niboye – Sonatube – Rwandex – Kanogo – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.

Indi mihanda ni ukurikira: Kuri 12 – Kigali Parents School – Bk Kimironko – Kibagabaga – Akabuga ka Nyarutarama – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.

Umuhanda wahawe kuzakoreshwa n’abatwara ibinyabiziga ni: Gahanga – Kicukiro – Gatenga – Rwandex – Kanogo – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago