Umujyi wa Kigali watangaje imwe mu mihanda yihariye izakoreshwa n’abashyitsi mu muhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame riteganyijwe kuri iki Cyumweru kuri sitade Amahoro i Remera.
Ni mugihe abakuru b’ibihugu n’abahagarariye ibihugu byabo bakomeje kugera i Kigali kwitabira ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame mu myaka itanu iri mbere.
Ni ibirori biteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, kuri sitade Amahoro i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Uyu muhango uteganyijwe kuba mu gitondo uzitabirwa n’abakuru b’ibihugu barenga 20 batandukanye, aho benshi muri bo ari abo ku mugabane w’Afurika.
Mu itangazo Umujyi wa Kigali washyize hanze watangaje ko hari imihanda yihariye yagenewe abashyitsi bazaba bitabiriye ibyo birori.
Umuhanda -Ikibuga Cy’indege mpuzamahanga cya Kigali – Giporoso – Chez Lando – Bk Arena – RDB – KCC – Sopetrade – Peyaje – Serena Hotel – University of Kigali – Minagri izaba ikoreshwa n’abashyitsi.
Ku bw’izo mpamvu abatwara ibinyabiziga basabwe gukoresha indi mihanda ariyo: Kanombe Military – Mu itunda – Kabeza – Niboye – Sonatube – Rwandex – Kanogo – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.
Indi mihanda ni ukurikira: Kuri 12 – Kigali Parents School – Bk Kimironko – Kibagabaga – Akabuga ka Nyarutarama – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.
Umuhanda wahawe kuzakoreshwa n’abatwara ibinyabiziga ni: Gahanga – Kicukiro – Gatenga – Rwandex – Kanogo – Kinamba – Nyabugogo – mu Mujyi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…