IMIKINO

Police Fc yegukanye igikombe kiruta ibindi ‘Super Cup’ itsinze APR Fc

Ikipe ya Police Fc yegukanye igikombe kiruta ibindi ‘Super Cup’ itsinze APR Fc kuri penaliti 6-5.

Ni umukino wari warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Kanama 2024, kuri Kigali Pele Stadium ni bwo habaye umukino w’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda uhuza ikipe yegukanye igikombe cya shampiyona n’iyegukanye igikombe cy’Amahoro mu mwaka w’imikino uba ushize.

APR Fc yegukanye shampiyona y’umwaka 2023/24, yahuye na Police Fc yatwaye igikombe cy’Amahoro bahuriye ku gikombe cya ‘Super Cup’ cyarangiye kibonye nyiracyo ariyo Police Fc.

Ni umukino wagaragayemo ihangana rikomeye ku mpande zombi, aho APR Fc yashakaga gutsinda ibinyujije ku bakinnyi bayo bakina ku mpande nka Mugisha Gilbert ariko igasanga ba myugariro ba Police Fc bahagaze neza mu kibuga.

Ibi ariko ni nako byagiye bigenda kuri Police Fc yanyuzagamo igasatira izamu rya Pavelh wa APR Fc, dore ko yashoboraga no kubona igitego ku munota wa 28 ariko umupira Kilongozi yari atsindishije umutwe, ukubita igiti cy’izamu uragaruka.

Igice cya mbere cyaranzwe no gushaka ibitego bikanga byarangiye amakipe yombi agiye kuruhuka nta n’imwe irebye mu izamu ry’indi.

Igice cya kabiri nacyo cyabaye gutyo, n’ubwo amakipe yagerageje gukora impinduka mu bakinnyi bayo aho nka Mamadou Sy wasimbuye Victor Mbaoma, na Richmond Lamptey wasimbuye Mugisha Gilbert.

Ni mugihe ku ruhande rwa Police Fc nayo yakoze impinduka ikuramo Djibrine Akuki wasimbuwe na Iradukunda Siméon ndetse na Richard Kilongozi wasimbuwe na Mugisha Didier.

Nyuma yaho hafi ku munota wa 86′ APR Fc yahise ikuramo Niyibizi Ramadan wasimbuwe na Tuyisenge Arsène.

Ku munota wa 90′ umutoza yahise akuramo Dushimimana Olivier amusimbuza Aliou Souané.

Ikipe y’Ingabo yatsindiwe kuri penaliti 6-5 nyuma y’uko Niyigena Clèment, Byiringiro Gilbert, Pavelh Ndzila, Mamadou Sy, Aliou Souné bazitsinze, maze Richmond Lamptey na Dauda Yussif bakazihusha.

Penaliti za Police FC zinjijwe neza na Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier, Bigirimana Abedi, Iradukunda Siméon, Ani Elijah na Nsabimana Eric, mu gihe Issa Yakubu yari yayihushije.

Ikipe ya mbere yahise ihabwa imidari ya zahahu, n’igikombe ndetse na miliyoni 10 Frw, mu gihe iya kabiri yahembwe miliyoni 5 Frw.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

11 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago