Nyuma y’igihe adafite ikipe rutahizamu Sugira Ernest yasinyiye Kiyovu Sports, avuga ko agomba gukora cyane akagaruka mu ikipe y’igihugu Amavubi.
Sugira ufatwa nka rutahizamu w’abanyarwanda kubera ibitego bikenewe yagiye atsindira ikipe y’igihugu, yari amaze igihe adakina kuva atandukanye na Al Wahda yo muri Syria.
Uyu rutahizamu yaraye yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kiyovu Sports izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2024-25.
Sugira Ernest akaba yavuze ko kugaruka mu kibuga bivuze ko no mu ikipe y’igihugu yagarutsemo ari ikibazo cy’igihe gusa.
Ati “Ni nacyo kingaruye ubundi muri rusange, ni icyo ngicyo, ni ikibazo cy’igihe gusa kuko ikipe y’igihugu ni iya buri wese umuryango uhora ufunguye kandi ntabwo naciriweho iteka kugarukamo, ni ikipe y’Abanyarwanda, ni igihe gusa kibura.”
Sugira Ernest akaba yari amaze igihe adahamagarwa mu ikipe y’igihugu, kuva yajya gukina muri Syria.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…