POLITIKE

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora Manda nshya yizeza Abanyarwanda kuzarenzaho ibyo yabagejejeho

Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya Kane izamara imyaka itanu mu birori byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 22 n’abahagarariye za Guverinoma n’imiryango Mpuzamahanga itandukanye.

Ni nyuma yo gutsinda amatora yo ku wa 14-15 Nyakanga 2024 ku majwi 99,18%, atsinze Dr. Frank Habineza w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda wagizwe amajwi 0,50%, na Mpayimana Philippe wiyamamaje ku giti cye wagize amajwi 0,32%.

Uyu muhango wabereye kuri Stade Amahoro, wanitabiriwe n’ibihumbi by’Abanyarwanda n’inshuti baturutse imihanda yose bari babukereye.

Ibihumbi by’Abanyarwanda n’inshuti bari bateraniye muri Stade Amahoro

Perezida Kagame yarahijwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Ntezilyayo Faustin iruhande rwe hari umufasha we, Jeannette Kagame.

Nyuma yo kurahira yashyikirijwe ibirango by’igihugu birimo Itegeko Nshinga, Ibendera ry’Igihugu, Ikirangantego cy’Igihugu n’Inkota n’Ingabo.

Mu ijambo rye yagejeje ku bihumbi by’Abanyarwanda bari bateraniye muri Stade Amahoro yababwiye ko yizeye adashidikanya ko ibyo yabagejejeho mu myaka yashize abayobora hashobora no kongerwaho ibindi ariko babigizemo uruhare.

Ati “Mwampaye amahirwe y’icyo cyizere, yo kubakorera no gukorana namwe, ibyo twifuza byose tuzabigeraho.”

Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugurira icyizere bakamutora

“Ndagira ngo mbere na mbere nshimire Abanyarwanda mwese kuba mwongeye kungirira icyizere. Nishimiye kongera kubabera umuyobozi ari we perezida muri iyi manda nshya dutangiye.”

“Ibyo Abanyarwanda babashije kugeraho ni byinshi kurenza n’ibyo twari twiteze. Birenze ibyo amagambo ashobora gusobanura, urebye aho twatangiriye.”

Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere abasaba kuzakimushyigikiramo kugira ngo ibyo bifuza bafatanye kubigeraho.

Ati “Icy’ingenzi muri byose turi hamwe, turi umwe kandi ndagira ngo mbashimire cyane kongera kumpa icyizere ariko kandi munakinshyigikiramo. Mwampaye amahirwe y’icyo cyizere, yo kubakorera no gukorera hamwe ibyo twifuza byose tuzabigeraho.”

“Iyi manda dutangiye ni intangiriro yo gukora ibirenze kugira ngo ibyo twifuza tubigereho. Kuki se n’ubundi tutarenza ku byo twakoze? Kubitekereza ntabwo ari ukurota, birashoboka, bizashoboka. Twabikora kandi tuzabikora.”

“Rero mu by’ukuri hari byinshi tugomba gukomeza gukemura, hari byinshi tugomba gukomeza guhuriraho, icyizere mumfitiye, ni cyo mbafitiye.”

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zarashe imizinga 21 mu guha icyubahiro Perezida Paul Kagame, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.

Perezida Kagame arikumwe na Madamu Jeannette Kagame ndetse n’abashyitsi ba bakuru b’ibihugu

Nyuma yo kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu, Perezida Kagame yagenzuye ingabo ahereye ku bakoze akarasisi bari bagizwe n’amasibo 12 barimo abo mu Ngabo z’Igihugu (RDF) na Polisi y’Igihugu (RNP).

Christian

Recent Posts

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago

Abafite ubumuga bishimiye Bisi nshya kuko zizaborohereza ingendo

Kuri uyu wa 8 Ukwakira, nibwo ikigo gisanzwe gifite mu nshingano gutwara abagenzi mu buryo…

6 days ago