POLITIKE

Tanzania: Imyigaragambyo y’urubyiruko rwa Gen-Z yaburijwemo igitaraganya na Polisi y’Igihugu

Imyigaragambyo y’urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania yaburijwemo igitaraganya nk’uko bitangazwa na Police y’Igihugu yabigizemo uruhare.

Ni urubyiruko rusaga ibihumbi 10 rubarizwa muri iri shyaka, aho rwari rwahuje gahunda yo guhurira mu Mujyi wa Mbeya mu Majyepfo y’iki gihugu kuri uyu wa Mbere taliki 12 Kanama 2024 ngo bigaragambye, ariko Polisi iba yabimenye kare ibiburizamo.

Polisi yamenye ko ngo bari gukora iyi myigaragambyo, bitwaje ko barimo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko uba kuri uyu wa Mbere.

Umukuru wa polisi ya Tanzaniya, yavuze ko yari afite amakuru ko uru rubyiruko ruri bwitwaze uwo munsi wabo hanyuma bagakora imyigaragambyo mu kajagari.

Itangazo polisi ya Tanzaniya yasohoye, yavuze ko iyi myigaragambyo yari yateguwe nk’iy’abakiri bato bazwi nka Gen- Z iherutse kuba muri Kenya.

Iri tangazo rigira riti: “ Polisi yafashe icyemezo cyo guhagarika amahuriro yose cyangwa imyigaragambyo irimo gutegurwa ku munsi wahariwe urubyiruko kuko ishobora guhungabanya amahoro.

Ubuyobozi bw’ishyaka rya Chadema, buhakana ko hari imyigaragambyo yateguwe. Bavuga ko bababajwe no kuba hari abanyamuryango babo basubijwe inyuma ku ngufu abandi bakanafatwa bagafungwa ubwo barimo berekeza i Mbeya.

Imyigaragambyo y’urubyiruko ruzwi nk’aba Gen-Z , yarikoroje cyane muri Kenya kuva muri Gicurasi uyu mwaka. Aba bakiri bato ubwo biraye mu mihanda bamagana izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa bimwe kugeza n’ubu rukaba rukigeretse hagati yabo na Perezida Ruto bamusaba kwegura.

Iyi myigaragambyo, yaje gukomereza no muri Uganda ariko Inzego z’umutekano ziba maso ziyiburizamo , aho bamwe banatawe muri yombi rugikubita bituma bagenzi babo bahindura ibitekerezo barayihagarika.

Christian

Recent Posts

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago

Abafite ubumuga bishimiye Bisi nshya kuko zizaborohereza ingendo

Kuri uyu wa 8 Ukwakira, nibwo ikigo gisanzwe gifite mu nshingano gutwara abagenzi mu buryo…

6 days ago