IMIKINO

Ibyamamare mu iteramakofe Mayweather na Pacquiao bashobora kumvana imitsi i Kigali

Umunyamakuru wo muri Uganda, Andrew Mwenda yahishuye ko ibyamamare mu iteramakofe Mayweather na Pacquiao bashobora kurwanira ku butaka bw’u Rwanda.

Floyd Mayweather w’umunyamerika na Manny Pacquiao ukomoka muri Philippines ni bimwe mu byamamare ku Isi mu iteramakofe, bashobora guhurira mu murwano uzabera i Kigali mu Ugushyingo uyu mwaka.

Andrew Mwenda ibi yabigarutseho mu kiganiro n’ikinyamakuru gikorera murandasi kizwi nka ‘The Long Form Rwanda’.

Muri iki kiganiro Mwenda yatanze urugero, avuga ko mbere y’uko mu cyumweru gishize akorera urugendo mu Rwanda, yavuganaga n’ushinzwe kureberera inyungu za Floyd Mayweather, umwe mu bakinnyi bakomeye bahoze bakina umukino w’iteramakofe.

Ati: “Twe [Floyd Mayweather] na [Manny] Pacquiao barashaka gukinira mu Rwanda mu Ugushyingo. Umukino w’abo bombi, uba ufite agaciro ka miliyoni 200$. Mayweather azaza hano mu kwezi gutaha kwa Nzeri’’.

Mu 2015 aba bakinnyi bakinnye umukino utazibagirana mu mateka aho Floyd Mayweather yatsinze Manny Pacquiao mu mukino wakinwe mu bice 12.

Icyo gihe wasize Floyd Mayweather yinjije agatubutse bimwe bikomeye kubera uwo mukino.

Ni umukino uhuruza imbaga y’ibyamamare hirya no hino ku Isi kuburyo i Kigali hashobora no kuza n’abandi bakomeye uretse aba bakinnyi.

Floyd Mayweather agiye guhurira na Pacquiao i Kigali
Manny Pacquiao wakubiswe na Mayweather agiye kwihorera i Kigali

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago