IMIKINO

Patriots BBC yasinyishije umunyamerika wakiniye muri Mexique Stephaun Branch

Ikipe ya Patriots BBC yasinyishije umukinnyi witwa Stephaun Branch ukomoka muri Leta Zunze za Amerika wakinye muri shampiyona yo muri Mexique.

Advertisements

Patriots BBC ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yasinyishije uyu mukinnyi mu rwego rwo gukomeza gukarishya ikipe yifuza kugira ngo izasoze shampiyona iyoboye.

Stephaun Branch yakiniraga ikipe ya ‘Angeles cd Mexico’ ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cya Mexique ibarizwa mu majyepfo ya Amerika.

Patriots BBC ihisemo ku

Uyu mukinnyi ukina nka Shooting guard ‘Uba asabwa gutsinda amanota, gutwara imipira myinshi, no kugarira’ yiyongereye ku bandi bakinnyi ba Patriots BBC isanzwe ifite barimo William Perry, Kamndoh Frank, Gasana Kenny, Prince Ibeh, Ndayisaba Dieudonné, Steven Hagumintwari n’abandi batandukanye.

Patriots BBC ihisemo kuzana uyu mukinnyi mu rwego rwo kugira ngo imikino isigaye ya shampiyona ibura igihe gito izayitwaremo neza ndetse n’imikino ya kamparampaka’BetPawa Playoffs’.

Amakuru ahari ni uko uyu mukinnyi amaze iminsi mu Rwanda akorana imyitozo n’abagenzi mu rwego rwo kwitegura umukino ukomeye bafitanye n’ikipe ya APR BBC muri wikendi.

Ikipe ya Patriots BBC ihagaze ku mwanya wa kabiri wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho kuri ubu urutonde ruyobowe n’ikipe ya APR BBC, mugihe shampiyona ibura igihe gito ikagana ku musozo.

Patriots BBC yitegura gukina umukino wa shampiyona n’ikipe ya APR BBC, irifuza kuzawutsinda kugira ngo izakine mu makipe 4 ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ itanga igikombe cya shampiyona ndetse inatanga itike yo gukina irushanwa rya BAL.

Stephaun Branch w’imyaka 28, yanyuze mu ikipe ya Utah Jazz ikomeye muri shampiyona ya ‘NBA’ by’igihe gito mu mwaka 2018.

Stephaun Branch yatoranyijwe mu bakinnyi bagombaga gukina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze za Amerika ‘NBA’ mu mwaka w’2017, ariko igerageza ntiryamuhira.

Umunyamerika Stephaun Branch waje gukinira ikipe ya Patriots BBC

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago