IMIKINO

Patriots BBC yasinyishije umunyamerika wakiniye muri Mexique Stephaun Branch

Ikipe ya Patriots BBC yasinyishije umukinnyi witwa Stephaun Branch ukomoka muri Leta Zunze za Amerika wakinye muri shampiyona yo muri Mexique.

Patriots BBC ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yasinyishije uyu mukinnyi mu rwego rwo gukomeza gukarishya ikipe yifuza kugira ngo izasoze shampiyona iyoboye.

Stephaun Branch yakiniraga ikipe ya ‘Angeles cd Mexico’ ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cya Mexique ibarizwa mu majyepfo ya Amerika.

Patriots BBC ihisemo ku

Uyu mukinnyi ukina nka Shooting guard ‘Uba asabwa gutsinda amanota, gutwara imipira myinshi, no kugarira’ yiyongereye ku bandi bakinnyi ba Patriots BBC isanzwe ifite barimo William Perry, Kamndoh Frank, Gasana Kenny, Prince Ibeh, Ndayisaba Dieudonné, Steven Hagumintwari n’abandi batandukanye.

Patriots BBC ihisemo kuzana uyu mukinnyi mu rwego rwo kugira ngo imikino isigaye ya shampiyona ibura igihe gito izayitwaremo neza ndetse n’imikino ya kamparampaka’BetPawa Playoffs’.

Amakuru ahari ni uko uyu mukinnyi amaze iminsi mu Rwanda akorana imyitozo n’abagenzi mu rwego rwo kwitegura umukino ukomeye bafitanye n’ikipe ya APR BBC muri wikendi.

Ikipe ya Patriots BBC ihagaze ku mwanya wa kabiri wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho kuri ubu urutonde ruyobowe n’ikipe ya APR BBC, mugihe shampiyona ibura igihe gito ikagana ku musozo.

Patriots BBC yitegura gukina umukino wa shampiyona n’ikipe ya APR BBC, irifuza kuzawutsinda kugira ngo izakine mu makipe 4 ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ itanga igikombe cya shampiyona ndetse inatanga itike yo gukina irushanwa rya BAL.

Stephaun Branch w’imyaka 28, yanyuze mu ikipe ya Utah Jazz ikomeye muri shampiyona ya ‘NBA’ by’igihe gito mu mwaka 2018.

Stephaun Branch yatoranyijwe mu bakinnyi bagombaga gukina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze za Amerika ‘NBA’ mu mwaka w’2017, ariko igerageza ntiryamuhira.

Umunyamerika Stephaun Branch waje gukinira ikipe ya Patriots BBC

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago