POLITIKE

Donald Trump yavuze ko Abanye-Congo ko ari abicanyi

Mu kiganiro n’umuherwe Elon Musk cyabereye ku rubuga X kuri uyu wa 11 Kanama 2024, Trump ushaka kongera kuyobora Amerika, yavuze ko mu gihugu cye haherutse kwinjira Abanye-Congo 22 b’abicanyi.

Advertisements

Donald Trump wabaye Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yibasiye Abanye-Congo, abita abicanyi bagiye mu gihugu cyabo bavuye muri za gereza.

Uyu munyapolitiki udashyigikiye gahunda yo gufungurira amarembo abimukira, yagize ati “Bari kuva muri Afurika, muri Congo. Hari abantu 22 baherutse kuva muri Congo kandi ni abicanyi. Bari kubajugunya. Bari kubakura muri gereza, urabizi ko kubafunga bihenze. Bari kubohereza muri Amerika.”

Mu mvugo ya Trump, ntabwo yagaragaje niba abo avuga ari abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Congo-Kinshasa) cyangwa se Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville).

Si ubwa mbere Trump yibasiye abimukira b’Abanye-Congo kuko no muri Gashyantare 2024 yarabikoze ubwo yari mu kiganiro cyateguwe na Fox News.

Yagize ati “Abantu bari kuva ahantu hose. Bari kuva muri Congo. Mu ijoro ryakeye babajije abantu bamwe bati ‘Mwabaga hehe?’ ‘Muri gereza’. Bose bari gusohoka muri gereza zabo, baza mu gihugu cyacu.”

Ubwo Trump yasuraga umupaka wa Amerika mu mpera z’uko kwezi na bwo yasubiyemo ko Abanye-Congo bari kwisukiranya mu gihugu cyabo, bavuye muri za gereza.

Ati “Abantu benshi bari kuza bavuye muri gereza muri Congo. Murebe muri gereza mu karere no ku Isi yose, bari gushiramo kuko bari kubohereza muri Amerika.”

Umuvugizi wa guverinoma ya Congo-Kinshasa, Patrick Muyaya, yatangarije televiziyo CNN ko ibyo Trump yavuze atari ukuri, asaba ko uyu munyapolitiki yareka kuvuga ibinyoma.

Ati “Ibyo avuga byose si byo. Ntabwo byigeze biba. Tumusabye kubihagarika [kuko] ni bibi ku gihugu.”

CNN yavuganye na Ambasaderi wa Congo-Brazaville muri Amerika, Serge Mombouli, avuga ko amagambo ya Trump nta shingiro afite.

Ati “Nta kuri kurimo kandi nta gihamya na kimwe kigaragaza ko ibyo avuga ari byo.”

Iyi televiziyo yagaragaje ko mu kiganiro na Elon Musk, Trump yabeshye inshuro zigera kuri 20. Ingingo yavuzeho cyane amakuru atari yo ni iy’abimukira binjira muri Amerika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago