POLITIKE

Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye Perezida Kagame

Dr Ngirente Edouard yashimiye Perezida Paul Kagame wongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa X (iyahoze ari Twitter) Dr Ngirente Edouard yavuze ko atiteze gutezuka ku nshingano yahawe.

Ati “Mbikuye ku mutima, ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira Minisitiri w’Intebe. Ndabizeza gukomeza gukorana umurava no kudatezuka mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard yongeye guhabwa izi nshingano muri guverinoma nshya nyuma y’iyindi icyuye igihe y’imyaka irindwi.

Dr Ngirente Edouard w’umugore n’abana babiri, yagizwe bwa mbere Minisitiri w’Intebe kuwa 30 Kanama 2017.

Ni mugihe kuri uyu wa 13 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame yongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard biteganyijwe ko azarahirira imbere Perezida wa Repubulika ahite atangariza Abagize Inteko Ishinga Amategeko imirongo migari Guverinoma ye izitaho.

Christian

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

2 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

3 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

6 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago