Dr Ngirente Edouard yashimiye Perezida Paul Kagame wongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa X (iyahoze ari Twitter) Dr Ngirente Edouard yavuze ko atiteze gutezuka ku nshingano yahawe.
Ati “Mbikuye ku mutima, ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira Minisitiri w’Intebe. Ndabizeza gukomeza gukorana umurava no kudatezuka mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.”
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard yongeye guhabwa izi nshingano muri guverinoma nshya nyuma y’iyindi icyuye igihe y’imyaka irindwi.
Dr Ngirente Edouard w’umugore n’abana babiri, yagizwe bwa mbere Minisitiri w’Intebe kuwa 30 Kanama 2017.
Ni mugihe kuri uyu wa 13 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame yongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.
Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard biteganyijwe ko azarahirira imbere Perezida wa Repubulika ahite atangariza Abagize Inteko Ishinga Amategeko imirongo migari Guverinoma ye izitaho.
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…