POLITIKE

Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye Perezida Kagame

Dr Ngirente Edouard yashimiye Perezida Paul Kagame wongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.

Advertisements

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa X (iyahoze ari Twitter) Dr Ngirente Edouard yavuze ko atiteze gutezuka ku nshingano yahawe.

Ati “Mbikuye ku mutima, ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira Minisitiri w’Intebe. Ndabizeza gukomeza gukorana umurava no kudatezuka mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard yongeye guhabwa izi nshingano muri guverinoma nshya nyuma y’iyindi icyuye igihe y’imyaka irindwi.

Dr Ngirente Edouard w’umugore n’abana babiri, yagizwe bwa mbere Minisitiri w’Intebe kuwa 30 Kanama 2017.

Ni mugihe kuri uyu wa 13 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame yongeye kumugirira icyizere akamugira Minisitiri w’Intebe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard biteganyijwe ko azarahirira imbere Perezida wa Repubulika ahite atangariza Abagize Inteko Ishinga Amategeko imirongo migari Guverinoma ye izitaho.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago