Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko kuba insengero zimwe zifungura ku bwinshi, zijyaho zigamije kunyunyuza imitsi y’abazigana, zigiye gutangira kusoreshwa.
Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Kanama 2024, yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kurahira kw’Abagize Inteko ishingamategeko na Minisitiri w’Intebe.
Hashize iminsi Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, ruri gukora ubugenzuzi bugamije kureba insengero zujuje ibisabwa n’izitabyujuje, inshingano rukora rufatanyije n’inzego z’ibanze.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, ruheruka gutangaza ko mu nsengero zisaga ibihumbi 13 zakorewe ubugenzuzi, nibura 59.3% zafunzwe kubera ko zitujuje ibisabwa. Ni ukuvuga ko 59.3% by’ibihumbi 13 bingana n’insengero 7709.
Ugufungwa kw’insengero zitujuje ibisabwa byakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariho ndetse bigeraho basaba ko umukuru w’Igihugu yagira icyo akora.
Ugufungwa kw’insengero zitujuje ibisabwa byakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariho ndetse bigeraho basaba ko umukuru w’Igihugu yagira icyo akora.
Ubwo yagezaga ijambo ku baje gukurikirana umuhango wo kurahira kw’Abadepite bashya ndetse na Minisitiri w’Intebe, Perezida Kagame yavuze ko abantu batagakwiriye gufata umwanya munini batekereza ku gufungwa kw’insengero.
Ati “Imbaraga twari dukwiye kuba dukoresha mu gukemura ibibazo bya buri munsi bitureba, biduha umutekano, bituzamurira ubukungu, bituma umunyarwanda atagira inzara, zose mugiye kuzimarira mu bintu…
Yakomeje ati “Ko twagize ikiganiro, tukaganira bihagije ndetse bigasa nkaho hafashwe umwanzuro, habaye iki nyuma yaho ku buryo twakongera gusubira ha handi? Ubu hejuru yo kuba umudepite mwumva mufite aho mushingira ku buryo buri umwe yagira ikanisa mu gikari cye? Ukaba umudepite, ukaba umupasitori, ukagira ikanisa warangiza erega abantu bakishyura n’uduke bafite.”
Perezida Kagame avuga ko insengero zimwe zinyunyuza imitsi y’abakirisitu.
Ati “Ayo makanisa amwe yagiyeho kugira ngo akamure na duke abantu bari bafite bibonere umutungo wabo.”
Perezida Kagame anenga abakoresha ubuhanuzi ahubwo bagamije kuyobya abaturage no kubambura bityo hakwiye kujyaho umusoro.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…