RWANDA

Perezida Kagame yateguje gutangira gusoresha insengero

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko kuba insengero zimwe zifungura ku bwinshi, zijyaho zigamije kunyunyuza imitsi y’abazigana, zigiye gutangira kusoreshwa.

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Kanama 2024, yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kurahira kw’Abagize Inteko ishingamategeko na Minisitiri w’Intebe.

Hashize iminsi Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, ruri gukora ubugenzuzi bugamije kureba insengero zujuje ibisabwa n’izitabyujuje, inshingano rukora rufatanyije n’inzego z’ibanze.

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, ruheruka gutangaza ko mu nsengero zisaga ibihumbi 13 zakorewe ubugenzuzi, nibura 59.3% zafunzwe kubera ko zitujuje ibisabwa. Ni ukuvuga ko 59.3% by’ibihumbi 13 bingana n’insengero 7709.

Ugufungwa kw’insengero zitujuje ibisabwa byakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariho ndetse bigeraho basaba ko umukuru w’Igihugu yagira icyo akora.

Ugufungwa kw’insengero zitujuje ibisabwa byakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariho ndetse bigeraho basaba ko umukuru w’Igihugu yagira icyo akora.

Ubwo yagezaga ijambo ku baje gukurikirana umuhango wo kurahira kw’Abadepite bashya ndetse na Minisitiri w’Intebe, Perezida Kagame yavuze ko abantu batagakwiriye gufata umwanya munini batekereza ku gufungwa kw’insengero.

Ati “Imbaraga twari dukwiye kuba dukoresha mu gukemura ibibazo bya buri munsi bitureba, biduha umutekano, bituzamurira ubukungu, bituma umunyarwanda atagira inzara, zose mugiye kuzimarira mu bintu…

Yakomeje ati “Ko twagize ikiganiro, tukaganira bihagije ndetse bigasa nkaho hafashwe umwanzuro, habaye iki nyuma yaho ku buryo twakongera gusubira ha handi? Ubu hejuru yo kuba umudepite mwumva mufite aho mushingira ku buryo buri umwe yagira ikanisa mu gikari cye? Ukaba umudepite, ukaba umupasitori, ukagira ikanisa warangiza erega abantu bakishyura n’uduke bafite.”

Perezida Kagame avuga ko insengero zimwe zinyunyuza imitsi y’abakirisitu.

Ati “Ayo makanisa amwe yagiyeho kugira ngo akamure na duke abantu bari bafite bibonere umutungo wabo.”

Perezida Kagame anenga abakoresha ubuhanuzi ahubwo bagamije kuyobya abaturage no kubambura bityo hakwiye kujyaho umusoro.

Christian

Recent Posts

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 hour ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

1 hour ago

Perezida Kagame yahishuye uko umukoresha wa Tshisekedi yatunguwe no kumubona ayobora igihugu

Mu kiganiro n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko Tshisekedi ayobora RDC, yamaze…

23 hours ago

UEFA Champions League: PSG yasezereye Liverpool, Bayern Munich, Barcelona na Inter Milan zigera muri ¼

Amakipe arimo FC Barcelona, Bayern Munich, Inter Milan na Paris Saint-Germain yigaranzuye Liverpool mu mukino…

1 day ago

M23 yakubise inshuro ingabo z’u Burundi ifata agace bari barakabye

Mu mirwano yabaye ku munsi wo kuwa mbere M23 yafashe agace ka Kaziba muri operation…

2 days ago

Manchester United igiye kubaka Stade izaba ari ya mbere mu Bwongereza yakira abantu benshi

Ubuyobozi bwa Manchester United bwatangaje ko bugiye kuvugurura Stade ya Old Trafford ikazajya yakira abantu…

2 days ago