IMIKINO

Rutahizamu Sugira Ernest yasubije abakomeje kumwibasira ko yashaje

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ uheruka gusinyira ikipe ya Kiyovu Sports Sugira Ernest yatangaje ko y’iteguye gusezera umupira w’amaguru mugihe nyacyo.

Advertisements

Mu cyumweru gishize nibwo ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha Rutahizamu Sugira Ernest wari umaze igihe kinini adakina.

Ku munsi w’ejo ku wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024 ubwo ikipe ya Kiyovu Sports yasozaga imyitozo Sugira yatangaje ko yishimiye kuba yongeye kubona amahirwe yo gukina ndetse mu ikipe ikomeye nka Kiyovu Sports.

Rutahizamu Sugira yatangajwe mu bakinnyi Kiyovu Sports izakoresha muri uyu mwaka w’imikino 2024/2025

Ati ”Nibyo koko narimaze igihe ntakina ariko navuga ko nagiriwe amahirwe muri uyu mwaka nkaba nzakinira ikipe ya Kiyovu Sports, ni ibyagaciro gakomeye kuba nongeye kugaragara mu kibuga nkaba mpawe amahirwe n’ikipe nk’iyi ngiyi y’ubukombe ya Kiyovu Sports.

Ndashimira umuryango mugari wa Kiyovu Sports kuba waranyakiriye neza, abayobozi, abafana muri rusange ndetse n’abandi bakunzi ba Kiyovu Sports bari impande zose zo ku Isi.”

Sugira kandi yavuze ku kuba amaze igihe kinini adakina aho yasobanuye ko ikipe yakinagamo yo hanze yagiranye ibibazo n’abamuhagarariye ndetse bikagera muri FIFA.

Ati ”Navuga ko nta kiba kidafite impamvu , aho nakinaga ikipe yanjye yagiranye ibibazo n’aba ‘Agent’ muri FIFA bituma habaho akabazo ko kudakina kandi njyewe narayoborwaga.

Nayoborwaga n’umpagarariye mu mategeko, nkayoborwa n’ikipe kandi nagombaga kubahiriza amasezerano twagiranye .Ariko navuga ko byarangiye nubwo wenda hiyongeyeho igihe gitoya nta kina ariko ntago byari bivuze ko nahagaritse umupira.”

Sugira Ernest w’imyaka 33 yakiniye As Muhanga nyuma azakujya mu makipe arimo APR FC , AS Kigali na Rayon Sports.Yakinnye hanze y’u Rwanada muri AS Vita Clab na Al Wahda.

Sugira Ernest yagiriye ibihe byiza mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’

Shampiona y’u Rwanda 2024-2025 iratangira tariki 15 Kanama 2024 aho hazakinwa imikino Itatu .

Kiyovu Sports izakina tariki 16 Kanama 2024 aho izakira AS Kigali kuri Kigali Pele Stadium.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago