INKURU ZIDASANZWE

Perezida Putin yohereje ihene zirenga 400 nk’impano mugenzi we wa Koreya ya ruguru Kim Jong-un

Uburusiya bwohereje ihene zigera kuri 447 muri Koreya ya Ruguru nk’ikimenyetso cyo gushimangira isinwa ry’umubano w’ibihugu byombi riheruka.

Advertisements

Ibitangazamakuru bya leta ya Koreya ya Ruguru byavuze ko ihene zizatangwa ku buryo buzatanga kandi bigatanga amata ku bana batuye muri komine ya Nampo. Ni mugihe n’abazita kuri ayo matungo bazaturuka mu Burusiya nabo bategerejwe.

Kim Jong-un, uyobora Koreya ya Ruguru na Perezida Putin bashyize umukono ku masezerano mashya y’ubufatanye mu ruzinduko umuyobozi w’Uburusiya yagiriye Pyongyang muri Kamena. Uru ruzinduko rwe rwa mbere muri leta ya Aziya y’Uburasirazuba kuva mu 2000.

Serivisi ishinzwe ubuvuzi bw’amatungo ya Leta y’Uburusiya, Rosselkhoznadzor, yavuze ko ihene z’inyagazi (ihenze z’ingore) 432 z’inshashi n’ihene 15 z’isekurume zoherejwe mu kigo cy’ubucuruzi cya Koreya.

Mu ruzinduko rwe, Kim Jong-un yahaye Putin imbwa ebyiri zo mu bwoko bwa Pungsan, ubwoko bwaho.

Moscou yari yohereje amafarashi 30 y’umweru muri 2022 i Pyongyang. Bivugwa ko Kim asanzwe ari umukinnyi uyigenderaho bikomeye.

Nubwo Uburusiya na Koreya ya Ruguru byagiranye umubano wa gicuti kuva mu gihe cy’Abasoviyeti, Kreml irashaka kongera umubano mu rwego rwo gushaka ihuriro ry’abatavuga rumwe bo mu burengerazuba.

Televiziyo ya Leta y’Uburusiya yashimye ubufatanye bwa Moscou na Pyongyang mu rwego rwo “kurwanya uburyo bw’ikoreshwa ry’ubukoloni ‘Imperialism’ ku isi ya Amerika na satelite zayo”.

Koreya ya Ruguru yashyigikiye igitero cy’Uburusiya muri Ukraine. Bivugwa ko yatanze ibisasu bya rutura ku ngabo za Moscou ndetse na misile nto.

Perezida Zelensky wa Ukraine yavuze ko Uburusiya bwakoresheje misile yo muri Koreya ya Ruguru mu gutera Kyiv mu ijoro ryo ku wa gatandatu, tariki ya 10 Kanama, ihitana se n’umuhungu we w’imyaka ine.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago