IMIKINO

Perezidansi igiye gushyiraho umutoza w’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Raporo ivuguruye ivuga ko ibiro by’umukuru w’igihugu cya Nigeria yategetse ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri kiriya gihugu (NFF) na Minisiteri ya Siporo guhagarika ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ igatangira kubyikurikiranira.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ntiriratangaza ku ishyirwaho ry’umutoza mukuru mushya wa ‘Super Eagles’ watwaye ibikombe bitatu Nyafurika.

Kuva umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Finidi George yakwegura, umuyobozi wa tekinike wa NFF, Augustin Eguavoen yashyizweho mu kuyobora ‘Super Eagles’ mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika mu 2025, aho iri mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Benin n’u Rwanda mu Kwezi gutaha kugeza ubwo yabonetse undi uhoraho.

Amakuru aturuka muri NFF yatangarijwe Complete Sports ati “Ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ ubu rireba NFF na Minisiteri ya siporo.”

”Ubu Perezidansi niyo irimo kugenzura inzira zose kandi umuntu ashobora kwizera ko bazafata icyemezo gikwiye.”

“Ntabwo tuzi niba bizabazwa NFF cyangwa Minisiteri ya Siporo mbere yo kugira amahitamo ya nyuma.”

U Rwanda ruyoboye itsinda C n’amanota 7 aho iri mbere y’amakipe nka Afurika y’Epfo (7), Benin (7), Lesotho (5), Nigeria (3) na Zimbabwe ifite amanota (2).

Ni mugihe imikino izakomeza kuri uyu wa 7 Nzeri 2024, aho Nigeria izahura n’ikipe ya Benin.

Mugihe ikipe y’Igihugu ya Nigeria izongera guhura n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ tariki 10 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye icyemezo cyo ku guharika amasezerano n’u Bubiligi

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhagarika burundu…

7 hours ago

Perezida Tshisekedi yatangiye gushaka ubuhungiro mu gihe igihugu cye bikomeje kuzamba

Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari amakuru avuga ko yaba yerekeje…

9 hours ago

Professional internship opportunities in Media at DOM AGENCY Ltd

DOM AGENCY Ltd is looking for the recent graduate or talented individuals looking to gain…

18 hours ago

RBC yagaragaje ko abana bari munsi y’imyaka 12 bangana na 51% bakoze imibonano mpuzabitsina mu mwaka 2023

Minisiteri y'Ubuzima yagiranye ikiganiro n'Abadepite ku ngingo ebyiri zirimo iyerekeye gutwitira undi n'irebana no kwemerera…

1 day ago

Abanye-Congo bari barahungiye mu Rwanda kubera Wazalendo, basubiye i Bukavu

Kugera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, Agace ka Kamanyola muri Repubulika Iharanira Demokarasi…

1 day ago

Polisi y’u Rwanda yitwaye neza mu irushanwa SWAT Challenge i Dubai

Ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda (RNP SWAT Team 1) yitabiriye irushanwa ryahuzaga ibihugu…

2 weeks ago