IMIKINO

Perezidansi igiye gushyiraho umutoza w’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Raporo ivuguruye ivuga ko ibiro by’umukuru w’igihugu cya Nigeria yategetse ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri kiriya gihugu (NFF) na Minisiteri ya Siporo guhagarika ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ igatangira kubyikurikiranira.

Advertisements

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ntiriratangaza ku ishyirwaho ry’umutoza mukuru mushya wa ‘Super Eagles’ watwaye ibikombe bitatu Nyafurika.

Kuva umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Finidi George yakwegura, umuyobozi wa tekinike wa NFF, Augustin Eguavoen yashyizweho mu kuyobora ‘Super Eagles’ mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika mu 2025, aho iri mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Benin n’u Rwanda mu Kwezi gutaha kugeza ubwo yabonetse undi uhoraho.

Amakuru aturuka muri NFF yatangarijwe Complete Sports ati “Ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ ubu rireba NFF na Minisiteri ya siporo.”

”Ubu Perezidansi niyo irimo kugenzura inzira zose kandi umuntu ashobora kwizera ko bazafata icyemezo gikwiye.”

“Ntabwo tuzi niba bizabazwa NFF cyangwa Minisiteri ya Siporo mbere yo kugira amahitamo ya nyuma.”

U Rwanda ruyoboye itsinda C n’amanota 7 aho iri mbere y’amakipe nka Afurika y’Epfo (7), Benin (7), Lesotho (5), Nigeria (3) na Zimbabwe ifite amanota (2).

Ni mugihe imikino izakomeza kuri uyu wa 7 Nzeri 2024, aho Nigeria izahura n’ikipe ya Benin.

Mugihe ikipe y’Igihugu ya Nigeria izongera guhura n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ tariki 10 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago