IMIKINO

Perezidansi igiye gushyiraho umutoza w’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Raporo ivuguruye ivuga ko ibiro by’umukuru w’igihugu cya Nigeria yategetse ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri kiriya gihugu (NFF) na Minisiteri ya Siporo guhagarika ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ igatangira kubyikurikiranira.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ntiriratangaza ku ishyirwaho ry’umutoza mukuru mushya wa ‘Super Eagles’ watwaye ibikombe bitatu Nyafurika.

Kuva umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Finidi George yakwegura, umuyobozi wa tekinike wa NFF, Augustin Eguavoen yashyizweho mu kuyobora ‘Super Eagles’ mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika mu 2025, aho iri mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Benin n’u Rwanda mu Kwezi gutaha kugeza ubwo yabonetse undi uhoraho.

Amakuru aturuka muri NFF yatangarijwe Complete Sports ati “Ishyirwaho ry’umutoza mushya wa ‘Super Eagles’ ubu rireba NFF na Minisiteri ya siporo.”

”Ubu Perezidansi niyo irimo kugenzura inzira zose kandi umuntu ashobora kwizera ko bazafata icyemezo gikwiye.”

“Ntabwo tuzi niba bizabazwa NFF cyangwa Minisiteri ya Siporo mbere yo kugira amahitamo ya nyuma.”

U Rwanda ruyoboye itsinda C n’amanota 7 aho iri mbere y’amakipe nka Afurika y’Epfo (7), Benin (7), Lesotho (5), Nigeria (3) na Zimbabwe ifite amanota (2).

Ni mugihe imikino izakomeza kuri uyu wa 7 Nzeri 2024, aho Nigeria izahura n’ikipe ya Benin.

Mugihe ikipe y’Igihugu ya Nigeria izongera guhura n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ tariki 10 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

19 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

21 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago