INKURU ZIDASANZWE

Nigeria: Abantu 39 bagaragayeho icyorezo cy’Ubushita bw’inkende

Ikigo cya Nigeria gishinzwe kurwanya indwara (NCDC) kivuga ko muri uyu mwaka abantu bangana 39 bamaze kwandura icyorezo cy’Ubushita bw’inkende.

Ku wa gatatu, tariki ya 14 Kanama, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cy’Ubushita bw’inkende ‘Mpox’ (yahoze yitwa Monkey Pox), bukomeje gutera impungenge kandi bukwiriye kwitonderwa kubera umubare w’abayandura ukomeje kwiyongera muri Afurika.

Ku wa kane, tariki ya 15 Kanama, mu kiganiro n’abanyamakuru, Jide Idris, umuyobozi mukuru wa NCDC (DG), yavuze ko abagarayeho icyo cyorezo baturuka mu ntara 33 ndetse no ku mijyi imwe n’imwe muri iki gihugu.

Yavuze imwe mu Mijyi yibasiwe ku rwego rwo hejuru ari Bayelsa (5), Cross River (5), Ogun (4), Lagos (4), Ondo (3), na Ebonyi (3).

Uyu muyobozi yavuze ko iki cyorezo gikomeje gukwirakwira muri iki gihugu, abakozi babishinzwe bagiye gukomeza kureba uko bajyanwa ahabugenewe hirya no hino bareba nimba nta bandi bamaze kuyandura.

Jide Idris yavuze kandi ko imwe mu mipaka irimo n’ibibuga by’indege mpuzamahanga bitanu, ibyambu bikora ku nyanja byambukiranya imipaka 10, imipaka inyura ku butaka 51 n’indi yose igiye gushyirwaho uburinzi bukomeye mu rwego rwo kurinda ko abakomeza kwinjira bakwirakwiza iki  cyorezo.

Yashimangiye ko bamaze kuhashyira abakozi bashoboka mu rwego kuzajya basuzuma buri wese kugira ngo birinde icyo cyorezo ko yakomeza gukwirakwizwa hirya no hino mu gihugu.

Idris yavuze ko ikigo cya NCDC cyiteguye kwakira inkingo za Jynneos zisaga ibihumbi 10 byo gukingira abantu.

Yongeyeho ko ibice bimwe na bimwe birimo Lagos, Enugu, Kano, Rivers, Cross-River, Akwa-Ibom, Adamawa, Taraba, na FCT, aribyo bizibandwaho ku ikubitiro.

Iki cyorezo cy’Ubushita bw’inkende bugaragazwa n’ibimenyetso byo kugira ibiheri byibasira umubiri w’umuntu, kubabara umutwe, kugira ubushyuhe bukabije, gucikamo umugongo n’ibindi.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

17 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

17 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago