Nyuma y’imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane ,tariki 15 Kanama 2024 mu Nzove nibwo Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Robertinho nyuma yo kureba mu myitozo rutahizamu mushya Aziz Bassane wari mu igeragezwa yamushimye avuga ko akwiriye guhabwa amasezerano muri iy’ikipe.
Ibi yabivuze nyuma y’imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024 mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe iyikorera.
Umutoza Robertinho ubwo yabazwaga kuri uyu Rutahizamu, yavuze ko ari umukinnyi mwiza.
Yagize ati “Ni umukinnyi mwiza, ni indwanyi, arihuta kandi atsinda ibitego byinshi, nk’ejo yatsinze bine cyangwa bitanu mu myitozo. Afite ahazaza heza niyo mpamvu twamushimye. Akwiye guhabwa amasezerano kuko azadufasha cyane.”
Aziz Bassane ni rutahizamu wavuye muri Coton Sports Garoua aje mu igeragezwa nyuma y’uko umutoza Robertinho yari amaze iminsi atangarije ubuyobozi ko nta rutahizamu abona uhari wazamufasha kwitwara neza muri shampiyona y’u Rwanda yamaze gutangira.
Ikipe ya Rayon Sports izakina umukino wayo wa Mbere kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kanam 2024 aho izakira Marine FC kuri Kigali Pele Stadium.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…