IMIKINO

Umutoza Robertinho yishimiye imikinire ya rutahizamu Aziz Bassane amusabira amasezerano

Nyuma y’imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane ,tariki 15 Kanama 2024 mu Nzove nibwo Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Robertinho nyuma yo kureba mu myitozo rutahizamu mushya Aziz Bassane wari mu igeragezwa yamushimye avuga ko akwiriye guhabwa amasezerano muri iy’ikipe.

Advertisements

Ibi yabivuze nyuma y’imyitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024 mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe iyikorera.

Umutoza Robertinho ubwo yabazwaga kuri uyu Rutahizamu, yavuze ko ari umukinnyi mwiza.

Yagize ati “Ni umukinnyi mwiza, ni indwanyi, arihuta kandi atsinda ibitego byinshi, nk’ejo yatsinze bine cyangwa bitanu mu myitozo. Afite ahazaza heza niyo mpamvu twamushimye. Akwiye guhabwa amasezerano kuko azadufasha cyane.”

Aziz Bassane ni rutahizamu wavuye muri Coton Sports Garoua aje mu igeragezwa nyuma y’uko umutoza Robertinho yari amaze iminsi atangarije ubuyobozi ko nta rutahizamu abona uhari wazamufasha kwitwara neza muri shampiyona y’u Rwanda yamaze gutangira.

Ikipe ya Rayon Sports izakina umukino wayo wa Mbere kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kanam 2024 aho izakira Marine FC kuri Kigali Pele Stadium.

Rutahizamu Aziz Bassane yashimwe n’umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports
Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma ibanziriza shampiyona

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago