IMIKINO

APR BBC yatsinzwe na Patriots BBC ubugira kabiri muri shampiyona

Patriots BBC yongeye gutsinda APR BBC ubugira kabiri muri shampiyona ya Basketball y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Advertisements

Ni umukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, wari utegerejwe na benshi, aho Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 77 kuri 70, ibi byahise bituma ihita iyobora urutonde rwa shampiyona.

Iyi mikino yasize amakipe 4 azakina imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024 imenyekanye.

Ibi kandi byahise biha n’amahirwe ikipe ya Kepler BBC nayo yabonye itike yo gukina (playoffs).

Kepler BBC yisanze mu makipe azakina imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ nyuma yuko REG BBC itsinze Espoir BBC mu mukino n’ubundi wabaye kuri uyu wa Gatanu.

Mu mukino wari utegerejwe na benshi, ni uwahuje ikipe ya APR BBC na Patriots BBC zishakagamo ikipe igomba kuyobora izindi.

Ni umukino watangiranye imbaraga ku mpande zombi, yaba ikipe ya Patriots BBC yashakaga gutsinda APR BBC imikino 2 muri shampiyona (Regular season) ndetse na APR BBC wabonaga idashaka kongera gutsindwa na Patriots BBC.

Agace ka Mbere k’uyu mukino karangiye amakipe yombi anganya amanota 20 kuri 20.

Agace ka Kabiri karanzwe no kwihagararaho cyane ku makipe yombi kuko amanota wabonaga ko yarumbye dore ko ikipe ya APR BBC ariyo yagatsinzemo amanota menshi (19) naho Patriots itsinda amanota 13.

Guhera mu gace ka Gatatu, ntabwo ikipe ya APR BBC yongeye kuyobora umukino kuko Patriots BBC yakegukanye ku manota 19 kuri 14 ya APR ndetse byaje no kwisubiramo ku gace ka Kane ari nako ka nyuma, Patriots ikegukana ku manota 25 kuri 17 ya APR. Umukino urangira Patriots itsinze amanota 77 kuri 70 ya APR BBC.

APR BBC itsinzwe bwa kabiri n’ikipe ya Patriots BBC nyuma y’uko ubushize yayitsinze ku manota 73-59 aho yari yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota 14.

Umunyamerika Perry yigaragaje muri uyu mukino
Umunyamerika Stephaun Branch yafashije Patriots BBC kwitwara neza imbere ya APR BBC

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago