Hakim Sahabo ntari mu bakinnyi bazakina imikino ibiri u Rwanda mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika iteganyijwe kuba mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri 2024 kubera imvune.
Ni imikino u Rwanda ruzahuramo na Libya tariki 4 Nzeri 2024, ndetse na Nigeria bakina tariki 10 Nzeri 2024.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati w’imyaka 19 ntiyagaragaye mu bakinnyi 36 umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Torsten Spittler yahamagaye azatoranyamo abo azifashisha muri iy’imikino yombi.
Sahabo wagize imvune yo mu ivi, kugeza ubu ntaragaragara mu kibuga muri Standard Liege ikina mu cyiciro cya mbere muri Jupiler Pro League Shampiyona y’u Bubiligi.
Sahabo ni umukinnyi wagiye ugira uruhare rukomeye mu mikino u Rwanda rwagiye rukina mu minsi yashize.
Mu bakinnyi umutoza w’igihugu yahamagaye harimo 24 bakina imbere muri Shampiyona y’u Rwanda.
Ni mugihe biteganyijwe ko Amavubi azatangira umwiherero tariki ya 26 Kanama 2024.
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…