IMIKINO

Hakim Sahabo ntiyahamagawe mu ‘Amavubi’ azakina ijonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Hakim Sahabo ntari mu bakinnyi bazakina imikino ibiri u Rwanda mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika iteganyijwe kuba mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri 2024 kubera imvune.

Advertisements

Ni imikino u Rwanda ruzahuramo na Libya tariki 4 Nzeri 2024, ndetse na Nigeria bakina tariki 10 Nzeri 2024.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati w’imyaka 19 ntiyagaragaye mu bakinnyi 36 umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Torsten Spittler yahamagaye azatoranyamo abo azifashisha muri iy’imikino yombi.

Sahabo wagize imvune yo mu ivi, kugeza ubu ntaragaragara mu kibuga muri Standard Liege ikina mu cyiciro cya mbere muri Jupiler Pro League Shampiyona y’u Bubiligi.

Hakim Sahabo yagize ikibazo cy’imvune

Sahabo ni umukinnyi wagiye ugira uruhare rukomeye mu mikino u Rwanda rwagiye rukina mu minsi yashize.

Mu bakinnyi umutoza w’igihugu yahamagaye harimo 24 bakina imbere muri Shampiyona y’u Rwanda.

Ni mugihe biteganyijwe ko Amavubi azatangira umwiherero tariki ya 26 Kanama 2024.

Hakim Sahabo ntiyahamagawe mu ‘Amavubi’ yitegura gukina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago