IMIKINO

Hakim Sahabo ntiyahamagawe mu ‘Amavubi’ azakina ijonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Hakim Sahabo ntari mu bakinnyi bazakina imikino ibiri u Rwanda mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika iteganyijwe kuba mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri 2024 kubera imvune.

Ni imikino u Rwanda ruzahuramo na Libya tariki 4 Nzeri 2024, ndetse na Nigeria bakina tariki 10 Nzeri 2024.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati w’imyaka 19 ntiyagaragaye mu bakinnyi 36 umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Torsten Spittler yahamagaye azatoranyamo abo azifashisha muri iy’imikino yombi.

Sahabo wagize imvune yo mu ivi, kugeza ubu ntaragaragara mu kibuga muri Standard Liege ikina mu cyiciro cya mbere muri Jupiler Pro League Shampiyona y’u Bubiligi.

Hakim Sahabo yagize ikibazo cy’imvune

Sahabo ni umukinnyi wagiye ugira uruhare rukomeye mu mikino u Rwanda rwagiye rukina mu minsi yashize.

Mu bakinnyi umutoza w’igihugu yahamagaye harimo 24 bakina imbere muri Shampiyona y’u Rwanda.

Ni mugihe biteganyijwe ko Amavubi azatangira umwiherero tariki ya 26 Kanama 2024.

Hakim Sahabo ntiyahamagawe mu ‘Amavubi’ yitegura gukina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

21 mins ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

2 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

1 day ago