Igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga Fally Ipupa, cyari giteganijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 Kanama mu mujyi wa Goma mu gace ka Ihusi (Amajyaruguru ya Kivu), nticyabaye nyuma y’uko aho cyari kubera humvikanye urufaya rw’amasasu.
Abashyirwa mu majwi kuba batumye igitaramo kitaba, ni abiswe aba ’Gomatraciens’. Impamvu ngo ni uko igiciro cy’itike cyari gihanitse kuri bamwe aho itike ya macye yashyizwe ku 300$ mu gihe iya VIP izaba igura 1200$. Gusa ku rundi ruhande hari abavuga ko hari abatashakaga ko kiba mu rwego rwo kutizera umutekano.
Amakuru atangazwa na Media Congo, atangazwa na avuga ko mbere y’ayo masasu yumvikanye, abari bakitabiriye bari bamaze kwitega ko uyu muhanzi aza nta kabuza ndetse batangiye no kugura ibyo kunywa ari nako abavanzi b’imiziki babasusurutsa ariko batungurwa no kumva urusaku rw’amasasu bakizwa n’amaguru.
Muri Gicurasi ubwo Fally Ipupa yateguzaga b’i Goma ko agiye kuhakorera igitaramo, bamuhaye urw’amenyo kubera igiciro gihanitse mu gihe imibereho muri uyu mujyi ikomeje kugorana bitewe n’intambara iwukikije.
Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich…
Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry yasobanuye imvano y'urugomo rwakorewe Turahirwa Moses…
Urwego rutegura Shampiyona y’u Rwanda “Rwanda Premier League” rwimuye umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona…
Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare ni bwo imiryango ya EAC na SADC yabatangaje…
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho guhohotera Turahirwa Moses washinze…
Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…