Igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga Fally Ipupa, cyari giteganijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 Kanama mu mujyi wa Goma mu gace ka Ihusi (Amajyaruguru ya Kivu), nticyabaye nyuma y’uko aho cyari kubera humvikanye urufaya rw’amasasu.
Abashyirwa mu majwi kuba batumye igitaramo kitaba, ni abiswe aba ’Gomatraciens’. Impamvu ngo ni uko igiciro cy’itike cyari gihanitse kuri bamwe aho itike ya macye yashyizwe ku 300$ mu gihe iya VIP izaba igura 1200$. Gusa ku rundi ruhande hari abavuga ko hari abatashakaga ko kiba mu rwego rwo kutizera umutekano.
Amakuru atangazwa na Media Congo, atangazwa na avuga ko mbere y’ayo masasu yumvikanye, abari bakitabiriye bari bamaze kwitega ko uyu muhanzi aza nta kabuza ndetse batangiye no kugura ibyo kunywa ari nako abavanzi b’imiziki babasusurutsa ariko batungurwa no kumva urusaku rw’amasasu bakizwa n’amaguru.
Muri Gicurasi ubwo Fally Ipupa yateguzaga b’i Goma ko agiye kuhakorera igitaramo, bamuhaye urw’amenyo kubera igiciro gihanitse mu gihe imibereho muri uyu mujyi ikomeje kugorana bitewe n’intambara iwukikije.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…