IMYIDAGADURO

Igitaramo cya Fally Ipupa cyagombaga kubera i Goma cyahagaritswe igitaraganya

Igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga Fally Ipupa, cyari giteganijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 Kanama mu mujyi wa Goma mu gace ka Ihusi (Amajyaruguru ya Kivu), nticyabaye nyuma y’uko aho cyari kubera humvikanye urufaya rw’amasasu.

Advertisements

Abashyirwa mu majwi kuba batumye igitaramo kitaba, ni abiswe aba ’Gomatraciens’. Impamvu ngo ni uko igiciro cy’itike cyari gihanitse kuri bamwe aho itike ya macye yashyizwe ku 300$ mu gihe iya VIP izaba igura 1200$. Gusa ku rundi ruhande hari abavuga ko hari abatashakaga ko kiba mu rwego rwo kutizera umutekano.

Amakuru atangazwa na Media Congo, atangazwa na avuga ko mbere y’ayo masasu yumvikanye, abari bakitabiriye bari bamaze kwitega ko uyu muhanzi aza nta kabuza ndetse batangiye no kugura ibyo kunywa ari nako abavanzi b’imiziki babasusurutsa ariko batungurwa no kumva urusaku rw’amasasu bakizwa n’amaguru.

Muri Gicurasi ubwo Fally Ipupa yateguzaga b’i Goma ko agiye kuhakorera igitaramo, bamuhaye urw’amenyo kubera igiciro gihanitse mu gihe imibereho muri uyu mujyi ikomeje kugorana bitewe n’intambara iwukikije.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago