Igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga Fally Ipupa, cyari giteganijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 Kanama mu mujyi wa Goma mu gace ka Ihusi (Amajyaruguru ya Kivu), nticyabaye nyuma y’uko aho cyari kubera humvikanye urufaya rw’amasasu.
Abashyirwa mu majwi kuba batumye igitaramo kitaba, ni abiswe aba ’Gomatraciens’. Impamvu ngo ni uko igiciro cy’itike cyari gihanitse kuri bamwe aho itike ya macye yashyizwe ku 300$ mu gihe iya VIP izaba igura 1200$. Gusa ku rundi ruhande hari abavuga ko hari abatashakaga ko kiba mu rwego rwo kutizera umutekano.
Amakuru atangazwa na Media Congo, atangazwa na avuga ko mbere y’ayo masasu yumvikanye, abari bakitabiriye bari bamaze kwitega ko uyu muhanzi aza nta kabuza ndetse batangiye no kugura ibyo kunywa ari nako abavanzi b’imiziki babasusurutsa ariko batungurwa no kumva urusaku rw’amasasu bakizwa n’amaguru.
Muri Gicurasi ubwo Fally Ipupa yateguzaga b’i Goma ko agiye kuhakorera igitaramo, bamuhaye urw’amenyo kubera igiciro gihanitse mu gihe imibereho muri uyu mujyi ikomeje kugorana bitewe n’intambara iwukikije.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…