Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ryagaragaje abagize guverinoma nshya yashyizweho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.
Ni Guverinoma nshya itagaragayemo impinduka nyinshi, dore ko abari basanzwemo aribo bayigarutsemo.
Impinduka nke zigaragara ni Dr Ngabitsinze Jean Chrisosthome wari Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda wasimbujwe Bwana Prudence Sebahizi na Munyangaju Aurore wari Minisitiri wa Siporo wasimbujwe Bwana Richard Nyirishema.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo yari imaze iminsi idafite umuyobozi nyuma y’aho Jeane d’Arc Mujawamariya akuriwe mu nshingano, yahawe Amb. Christine Nkulikiyinka.
Mu bandi bayobozi bakuru bashyizweho na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bahindutse harimo umuyobozi mukuru w’urwego rw’imiyoborere RGB Usta Kayitesi wasimbujwe Dr. Doris Uwicyeza Picard.
Iyi Guverinoma igizwe n’aba Minisitiri 21 n’abanyamabanga ba Leta 9. Irimo abagore 10 n’abagabo 20.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…