IMIKINO

APR Fc ntiyatangiye neza irushanwa rya CAF Champions League

Ikipe ya APR Fc yatsinzwe igitego 1-0 na Azam Fc mu mukino ubanza wa CAF Champions League mu  gihugu cya Tanzania kuri Azam Complex Stadium.

Umutoza Darko yari yakoze impinduka eshatu ugereranyije n’abakinnyi bari babanje mu kibuga ku mukino wa Super Cup na Police, aho Lamine Bah, Richmond Lamptey na Mamadou Sy bari bafashe imyanya ya Mugisha Gilbert, Victor Mbaoma na Niyibizi Ramadhan.

Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ni yo yabonye uburyo bwa mbere bw’umukino ku munota wa 12 wonyine, biturutse ku kazi gakomeye ka Lamine Bah, Lamptey yisanze ari wenyine mu rubuga rw’amahina, gusa umupira yateye, umunyezamu aza kuwushyira hanze.

Nubwo muri rusange AZAM yihariraga umukino mu gice cya mbere, APR FC ni yo yongeye kugerageza umunyezamu ubwo Lampteye yongeraga gutera mu izamu atereye kure gusa aha ho Mohamed Mustafa aza kwufata neza.

Igice cya kabiri cy’umukino cyatangiranye n’impinduka kuri APR FC, aho Dushimimana Olivier Muzungu utagaragaye, yahaga umwanya Niyibizi Ramadhan.

Ikipe ya AZAM byayisabye umunota wa 53 ngo itere mu izamu bwa mbere gusa Pavelh Ndzila afata neza umupira wa Frank Tiesse.

Ku munota wa 54 umusifuzi w’umukino yahaye ikipe ya AZAM penaliti itavugwaho rumwe, ubwo yemezaga ko Niyomugabo Claude yakoreye ikosa Fei Toto mu rubuga rw’amahina. Penaliti yaje kwinjizwa neza na Jhonier Blanco, umwe mu banya Colombia batatu bakinira iyi kipe.

Umutoza wa APR FC yakoze impinduka yinjiza Victor Mbaoma, Odibo Godwin, Taddeo Lwanga ndetse na Alio Souane, gusa AZAM nubundi ni yo yakomeje kurema amahirwe yo gutsinda nubwo batayabyaje umusaruro, umukino urangira ari icyo gitego 1-0.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe i Kigali mu minsi itandatu iri imbere, aho uzabera kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu Tariki 24 Kanama 2024.

Abakinnyi XI babanjemo ku ruhande rwa APR FC: Pavelh Ndzila, Byiringiro Gilbert, Niyigena Clement, Nshimiyimana Yunusu, Niyomugabo Claude, Dauda Yassif, Richmond Lamptey, Ruboneka Bosco, Lamine Bah, Dushimimana Olivier Muzungu na Mamadou Sy.

Abakinnyi 11 ba AZAM babanje mu kibuga: Mohamed Mustapha, Lusajo Mwaikenda, Pascal Msindo, Yeison Fuentes, Yannick Bangala, Adolf Mutasingwa, James Akaminko, Frank Tiesse, Jhonier Blanco, Fei Toto na Gibril Sillah.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

19 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

21 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago