IMIKINO

CAF CL: Nyuma y’uko atsindiwe kuri penaliti, umutoza wa APR Fc yagize icyo ayivugaho

Darko Nović utoza APR FC, yavuze ko penaliti batsinzwe na Azam FC byatumye batakaza umukino, aho yavuze ko byatewe n’uburangare kuko hari ubundi buryo bwari gutuma idakorwa.

Advertisements

Ibi umutoza wa APR FC Dark Novic yabitangaje nyuma yo gutsindwa na Azam 1-0 kuri penaliti mu mukino ubanza wabereye muri Tanzania, gusa Dark yavuze ko umukino bakinnye warangiye bagiye gutegura neza umukino wo kwishyura uteganyijwe i Kigali.

Ati “Twakinnye n’imwe mu makipe akomeye muri Afurika, ntabwo yari yoroshye, twahushije amahirwe mu ntangiriro z’umukino kandi twaje hano gutsinda, iyo dutsinda kiriya gitego wenda tuba tuvuga ibindi ariko umukino urangiye ari 1-0 tugiye gusubira mu rugo turebe icyo twakora mu mukino wo kwishyura.”

Dark yagarutse kandi kuri penaliti batsinzwe ku ikosa Niyomugabo Claude yakoze ku munota wa 57, yavuze ko hari ubundi buryo bwo gukemura ikibazo kandi bworoshye kuruta gukora penaliti.

Ati “Badutsinze kuri penaliti njye ntabonye neza ndaza kubireba, ariko iyo urebye uko byari bimeze mbere ya penaliti, byashobokaga twari kubikemura mu buryo bworoshye.”

Uyu mutoza yakomeje avuga ko iyo penaliti yakozwe mu buryo bw’uburangare bw’abakinnyi be b’inyuma bitari gutuma ikorwa, gusa avuga ko ari ibintu agiye gukosora ku buryo yizeye adashidikanya ko azasezerera ikipe ya Azam Fc agakomeza mu kindi cyiciro cya marushanwa.

Ikipe ya APR Fc imaze imikino itandatu itazi uko intsinzi imeze ibintu byatangiye gushyira igitutu kuri uyu mutoza utaramara igihe Darko Novic.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 24 Kanama kuri Stade Amahoro.

APR FC yatsinzwe igitego 1-0 na Azam Fc yo muri Tanzania

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago