Kuri iki cyumweru tariki 18 Kanama 2024, mu Burasirazuba bwa RD Congo imodoka yaritwaye abagenzi yaminjweho amasasu n’abantu bataramenyekana umunani bahita bahasiga ubuzima.
Amakuru dukesha Rwandatribune iri mu gace ka Sake aho byabereye iravuga ko kuri uyu mugoroba byamenyekanye ko imodoka yari itwaye abagenzi n’imizigo yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi bayiminjaho amasasu, abantu 8 bahita bahasiga ubuzima abandi barakomereka.
Ubu bwicanyi bwabereye mu gace ka Luhonga mu ntera ya 12 Km ugana i Sake, abatangabuhamya bavuze ko imodoka yatewe n’abantu bataramenyekana babanje kwica uwari uyitwaye n’abantu 8 n’izindi nkomere zitamenywe umubare, abakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Goma.
Ubu bwicanyi buza bwiyongera ku bundi buherutse kubera mu gace ka Kimoka hafi ya Sake kuri uyu wagatanu, umwe mu bayobozi bo mu gace ka Masisi utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko ubu bwicanyi buri gukorwa n’urubyiruko rwiyise Wazalendo, rugamije kwambura abaturage utwabo uyu muyobozi akaba asaba Leta kugira icyo yakora kugira ngo ubu bwicanyi buhagarikwe n’abo baturage bamburwe ibikoresho birimo n’imbunda.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…