INKURU ZIDASANZWE

Goma: Abantu 8 biciwe mu modoka yaritwaye abagenzi abandi barakomeretswa

Kuri iki cyumweru tariki 18 Kanama 2024, mu Burasirazuba bwa RD Congo imodoka yaritwaye abagenzi yaminjweho amasasu n’abantu bataramenyekana umunani bahita bahasiga ubuzima.

Amakuru dukesha Rwandatribune iri mu gace ka Sake aho byabereye iravuga ko kuri uyu mugoroba byamenyekanye ko imodoka yari itwaye abagenzi n’imizigo yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi bayiminjaho amasasu, abantu 8 bahita bahasiga ubuzima abandi barakomereka.

Ubu bwicanyi bwabereye mu gace ka Luhonga mu ntera ya 12 Km ugana i Sake, abatangabuhamya bavuze ko imodoka yatewe n’abantu bataramenyekana babanje kwica uwari uyitwaye n’abantu 8 n’izindi nkomere zitamenywe umubare, abakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Goma.

Ubu bwicanyi buza bwiyongera ku bundi buherutse kubera mu gace ka Kimoka hafi ya Sake kuri uyu wagatanu, umwe mu bayobozi bo mu gace ka Masisi utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko ubu bwicanyi buri gukorwa n’urubyiruko rwiyise Wazalendo, rugamije kwambura abaturage utwabo uyu muyobozi akaba asaba Leta kugira icyo yakora kugira ngo ubu bwicanyi buhagarikwe n’abo baturage bamburwe ibikoresho birimo n’imbunda.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

17 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

19 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

19 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago