MU MAHANGA

‘Mutuzanire Osimhen’ abafana ba Chelsea basutse amarira nyuma yo gutsindwa na Man City 2-0

Ikipe ya Chelsea yatangiye nabi shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, nyuma yo gutsindwa na Manchester City ibitego 2-0 mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki 18 Kanama 2024, abafana bahise basaba umukire gusinyisha rutahizamu Victor Osimhen.

Advertisements

Ku munota wa 18 w’umukino gusa rutahizamu wa Manchester City Erling Haaland yari yamaze gutsinda igitego cya mbere. Nyuma y’umupira mwiza wazamuwe na Jeremy Doku akawuboneza kuri Bernardo Silva wahise wubura amaso akawuha Haaland nawe agahindukiza umunyezamu Robert Sanchez.

Igitego cya kabiri cyatsinzwe na Kovacic wanyuze mu bakina hagati mu kibuga, akawuzamuka kugeza ageze imbere y’izamu agatsinda igitego cyashimangiye intsinzi ya Manchester City.

Mu buryo bwinshi bwagiye buboneka ku mpande ya Chelsea FC ku buryo bwashobora kubyazwa umusaruro ariko birananirana, aha niho abafana b’iyi kipe barira batakamba ko rutahizamu w’umunya-Nigeria Victor Osimhen yasinyishwa igitaraganya kuko yaba igisubizo ku bitego byahushijwe.

Mu butumwa bwagiye bushyirwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye bw’abafana ba Chelsea FC bagiye batanga ibyifuzo byabo ko babazanira abakinnyi barimo na Osimhen.

Ukoresha amazina The Lawrenz kuri X yagize ati “Umukinnyi Todd Boehly yahagarutse ku mukino agiye kumvikana no kugirana amasezerano na Joao Felix ndetse na Victor Osimhen.”

Naho Tonnykvng kuri X yanditse agira ati “Bose bakeneye rutahizamu Victor Osimhen”.

IbkSports yanditse agira ati “Kugira ngo Chelsea FC izisange mu makipe 4 ni uko yazana Victor Osimhen.”

@Iamdikeh “Icyo navuga nuko nzi neza ko Chelsea ikeneye gusa ubona ibitego.

Osimhen ndakwinginze muvandimwe, ndagusabye mwizina ry’Imana, murumuna wanjye ndakwinginze uze ndakwingize, ngwino rwose. Chelsea ni uwuhe mwanya w’imbere ikeneye muri uyu mwaka?.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago