MU MAHANGA

‘Mutuzanire Osimhen’ abafana ba Chelsea basutse amarira nyuma yo gutsindwa na Man City 2-0

Ikipe ya Chelsea yatangiye nabi shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, nyuma yo gutsindwa na Manchester City ibitego 2-0 mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki 18 Kanama 2024, abafana bahise basaba umukire gusinyisha rutahizamu Victor Osimhen.

Ku munota wa 18 w’umukino gusa rutahizamu wa Manchester City Erling Haaland yari yamaze gutsinda igitego cya mbere. Nyuma y’umupira mwiza wazamuwe na Jeremy Doku akawuboneza kuri Bernardo Silva wahise wubura amaso akawuha Haaland nawe agahindukiza umunyezamu Robert Sanchez.

Igitego cya kabiri cyatsinzwe na Kovacic wanyuze mu bakina hagati mu kibuga, akawuzamuka kugeza ageze imbere y’izamu agatsinda igitego cyashimangiye intsinzi ya Manchester City.

Mu buryo bwinshi bwagiye buboneka ku mpande ya Chelsea FC ku buryo bwashobora kubyazwa umusaruro ariko birananirana, aha niho abafana b’iyi kipe barira batakamba ko rutahizamu w’umunya-Nigeria Victor Osimhen yasinyishwa igitaraganya kuko yaba igisubizo ku bitego byahushijwe.

Mu butumwa bwagiye bushyirwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye bw’abafana ba Chelsea FC bagiye batanga ibyifuzo byabo ko babazanira abakinnyi barimo na Osimhen.

Ukoresha amazina The Lawrenz kuri X yagize ati “Umukinnyi Todd Boehly yahagarutse ku mukino agiye kumvikana no kugirana amasezerano na Joao Felix ndetse na Victor Osimhen.”

Naho Tonnykvng kuri X yanditse agira ati “Bose bakeneye rutahizamu Victor Osimhen”.

IbkSports yanditse agira ati “Kugira ngo Chelsea FC izisange mu makipe 4 ni uko yazana Victor Osimhen.”

@Iamdikeh “Icyo navuga nuko nzi neza ko Chelsea ikeneye gusa ubona ibitego.

Osimhen ndakwinginze muvandimwe, ndagusabye mwizina ry’Imana, murumuna wanjye ndakwinginze uze ndakwingize, ngwino rwose. Chelsea ni uwuhe mwanya w’imbere ikeneye muri uyu mwaka?.”

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

21 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

23 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

23 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

23 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago