POLITIKE

Perezida Kagame yavuze ku bayobozi batagarutse muri guverinoma nshya

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakomoje ku bayobozi batagarutse muri Guverinoma nshya, avuga ko igihe cyabo kizagera nabo bagahabwa imirimo yindi mishya.

Ibi Umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya barimo abaminisitiri 21 n’abanyamabanga ba Leta 9 n’umuyobozi mukuru w’urwego rw’imiyoborere (RGB) baherutse guhabwa imirimo.

Ni umuhango wabereye kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, mu Ngoro inshinga Amategeko ku Kimihurura.

Perezida Kagame yagize ati “Ibi nabyita guhindurirwa imirimo, abatagarutse muri guverinoma bahinduriwe imirimo ntabwo ari ukwirukanwa, ubwo igihe cyabyo n’ikigera, imirimo izamenyekana.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko abatabashije guhabwa imirimo ko batirukanwe.

Ati “Gukorera ku rwego nk’uru n’inshingano rufite ndetse n’izindi nzego rimwe na rimwe biba byabaye, abatagarutse ntabwo ari ukwirukana, kwirukanwa nabyo birakorwa, hari abirukanwa bakoze amakosa bigatuma birukanwa.” 

Ati “Ibi nabyita guhindurirwa imirimo, abatagarutse muri Guverinoma bahinduriwe imirimo ntabwo ari ukwirukanwa, ubwo igihe cyabyo nikigera, imirimo izamenyekana.”

Perezida Kagame yavuze ko manda nshya itangiye ikwiye kuba iyo kureba inyuma, hagatekerezwa ku byakozwe neza n’ibitarakozwe ngo habeho kubikosora.

Ati “Iteka iyo impinduka nk’iyi ibaye, kuvuga ngo manda imwe tugiye mu yindi, ntabwo ari uguhindura nk’uko bisanzwe. Njye uko mbyumva ni ukuvuga ngo hari ibyo twakoze ubushize, hari ibyagenze neza, hari ibitaragenze neza, byose ubishyira hamwe ukabisuzuma ukavuga ngo ubu tugiye gukora iki, dute? Ni cyo bivuze.”

Mu barahiye, harimo abashya muri guverinoma nka Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, uw’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka. Ni mu gihe abandi bari basanzwe mu nshingano.

Abayobozi barahiriye imirimo mishya
Abarahiye barimo abari basanzwe muri guverinoma yari cyuye igihe
Ubwo abayobozi barahiriye imirimo mishya baganiraga

Christian

Recent Posts

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

31 mins ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

23 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

1 day ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago