INKURU ZIDASANZWE

Abantu 6 baguye mu mpanuka ya bisi yagoganye n’ikamyo

Impanuka idasanzwe y’ikamyo yari itwaye ifu yagoganye na bisi yerekezaga i Kampala yasize abagera kuri batandatu bayigwamo abandi barakomereka bikomeye.

Advertisements

Iyi mpanuka yabereye ahitwa Kyazanga ni mu karere ka Lwengo. Biravugwa ko bisi yerekezaga mu mujyi wa Kampala ivuye Kisoro, ni mu gihe ikamyo yo yari itwaye ifu y’ibigori ku muhanda uva i Masaka werekeza Mbarara.

Ababonye iyi mpanuka iba ahagana mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki ya 19 Kanama 2024, bavuze ko abajura bahise baza bacucura abagenzi, ndetse n’ibyari biri mu modoka zagonganye barabyiba bahita bacika. Bamwe muri abo bagenzi bakaba bakomeretse abandi bakahasiga ubuzima.

Bivugwa ko impanuka yaturutse ku burangare bw’uwari utwaye bisi washakaga kunyura ku ikamyo, nyamara bari bamaze gusatira ikorosi. Ubwo yageragezaga kunyuraho yahise agongana n’indi kamyo yaturukaga aho bisi iri kwerekeza. Ako kanya abantu batandatu bahita bapfa.

Gusa abarokotse impanuka hamwe na raporo ya Polisi yo mu gihugu cya Uganda bo bemeza ko umushoferi wa bisi witwa Nayi Batambuze yaba yari yasomye ku bisindisha.

Shoferi wa bisi kubera kutumvira abo yari atwaye ni byo byabaye intandaro yo kugongana; dore ko abagenzi bamusabaga kugabanya umuvuduko akabyanga nk’uko byemezwa na Mwesigwa Anord wagize amahirwe akarokoka.

Polisi yaje kuhagera itinze, ndetse nta n’ubutabazi bwihuse bwatanzwe impanuka ikimara kuba. Nyuma ariko abarokotse impanuka barenga 30 harimo babiri bakomoka mu gihugu cy’u Buyapani bose bahise bajyanwa mu bitaro bakaba bakomeje kwitabwaho.

Umuvugizi wa Polisi y’i Masaka, Twaha Kasirye, yemeza ko impanuka nyinshi zikomeje kubera mu muhanda wa Masaka zigahitana abantu biturutse ahanini ku makosa akorwa n’abashoferi.

Uyu muyobozi yakomeje asaba abashoferi kwirinda kurenza umuvuduko uteganyijwe, ndetse no gutwara banyoye ibisindisha n’ibindi biyobyabwenge. Biteganyijwe ko abica amategeko nkana bazajya babiryozwa.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago